• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), ruvuga ko rumaze gukusanya imashini zirenga ibihumbi 8200 z’imikino y’amahirwe zizwi nk’ibiryabarezi, hagamijwe kuzikura mu baturage nyuma y’uko bigaragaye ko byahombeje abaturage benshi.

Uru rwego rutangaza ko ibiryabarezi byafashwe byashyikirijwe uruganda rutunganya ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Enviroserve Rwanda, bikakorwamo ibindi bikoresho bishya.

Umuyobozi muri RDB, Habyarimana Jacques, avuga ko ibiryabarezi bitacyemewe uretse gusa mu nyubako cyangwa ahantu hagenewe casino.

Yakomeje avuga ko aho ari ho hantu honyine umuntu ashobora kuzajya asanga imashini z’imikino y’amahirwe zizwi nk’ibiryabarezi.

Yagize ati’’Izi mashini ntabwo zicyemewe binavuze ngo n’ubundi ibikorwa byo gukomeza gufata izi mashini zivanwa mu baturage birakomeje.’’

Habyarimana yanavuze ko izo mashini zirenga ibihumbi 8000 zafashwe, imibare y’izizafatwa izakomeza kwiyongera.

Ati’’Tumaze gukusanya ibiryabarezi birenga 3300, ni nka 1/2 cy’izo tugomba gukusanya mu gihugu hose zimaze gufatwa gufatwa mu gihugu hose.”

RDB itangaza ko mu Mujyi wa Kigali ibiryabarezi byose byamaze gukusanywa, ubu iki gikorwa kiba gikomereje mu Ntara y’Iburasirazuba aho uturere twose bari hafi kuturangiza, nyuma bakazakomereza mu Ntara y’Amajyepfo ndetse no mu zindi Ntara.

 

Nubwo RDB ivuga ko imashini z’ibiryabarezi zose zamaze gukusanywa mu mujyi wa Kigali, bamwe mu baturage bo muri uyu mujyi bavuga ko hari aho bikiri bikoreshwa mu bwihisho nko mu murenge wa Kigarima ndetse n’ahazwi nka Gashyekero, hose ni mu karere ka Kicukiro.

Ubusanzwe abahanga bavuga ko imikino y’amahirwe kuyikina bisaba kumva ko ugiye guhomba ikintu cyawe wahaga agaciro nk’amafaranga, ariko mu cyizere cy’uko ushobora kuzabona ikiruta ka gaciro wari ufite washyizemo.

Bavuga ko imikino y’amahirwe ishobora kugira ingaruka zirimo gukora ibyaha, ihohoterwa mu miryango, ubukene, kubura akazi, gutandukana kw’imiryango, kuba imbata yayo bigatuma nta kindi ukora, agahinda gakabije, kwibabaza ndetse n’ibibazo bishobora kugera ku kwiyahura.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments