• Amakuru / MU-RWANDA


Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko muri Kanama 2025 byiyongereyeho 7,1% ugereranyije n’uko kwezi umwaka ushize.

Ibi NISR yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Nzeri 2025, ubwo yatangazaga igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro ku masoko yo mu Rwanda mu kwezi kwa Kanama 2025,

Ubusanzwe igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi.

NISR yatangaje ko ibiciro mu mijyi muri Kanama 2025, byiyongereyeho 7,1% ugereranyije na Kanama 2024.

Ibiciro mu kwezi kwa Nyakanga 2025 byari byiyongereyeho 7,3%.

NSR yatangaje ko ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,4%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 13,5%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70,5%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 6,9% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 18,5%.

Ugereranyije Kanama 2025 na Kanama 2024, bigaragara ko ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byiyongereyeho 7,8%.

Urebye ukwezi kwa Kanama 2025 na Nyakanga 2025 yari yabanje, bigaragaza ko ibiciro byiyongereyeho 0,7%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 0,9%.

Muri Kanama 2025 kandi ibiciro mu byaro byiyongereyeho 5,9% ugereranyije na Kanama 2024.

Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu byaro ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 4,9%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 10,6%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 54,3% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 14,8%.

 

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko byazamutseho 7.1% muri Kanama 2025 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments