Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Regis Rugemanshuro, yavuze ko umutungo w’urwo rwego wikubye kabiri mu myaka itanu ishize (2021-2025), ugera kuri miliyari 3000,1 Frw mu mpera za Kamena 2025.
Yabitangaje
kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nzeri 2025, mu kiganiro uru rwego rwagiranye
n’itangazamakuru.
RSSB
yagaragaje ko inyungu ku gishoro yavuye kuri 1,4% mu 2021, igera kuri 14,2%
muri Kamena 2025.
Umuyobozi
Mukuru wayo, Regis Rugemanshuro, yavuze ko “Ibi rero bitanga icyizere cy’uko
umutungo w’abanyamuryango ukoreshwa neza mu nyungu z’abanyamuryango no mu
guteza imbere igihugu cyacu.”
Regis
Rugemanshuro yavuze ko RSSB iteganya kwagura ibikorwa by'ishoramari hafi ya
Kigali Golf Course, aho iteganya kuhubaka hoteli nshya y'inyenyeri eshanu,
ndetse hari n'abandi bashoramari bari kuvugana n'uru rwego bateganya kuhashyira
ibindi bikorwa.
Muri
Werurwe 2024, RSSB yatangaje ko yarimaze guhanga nibura 6,63% by’imirimo
yahanzwe mu gihugu, ni ukuvuga ko mu mirimo 3.412.870 imaze guhangwa mu gihugu
rwahanzemo 226.441 binyuze muri uru rwego no mu bindi bigo 20 rwagiye rushoramo
imari.
Muri iyo mirimo yahanzwe na RSSB harimo 1.741 yahanzwe imbere muri uru rwego n’indi ingana na 224.700 yahanzwe binyuze mu bigo bikorana na RSSB birimo ibitanga serivisi z’itumanaho, ubwubatsi, ibigo by’imari n’ibindi.
RSSB yashinzwe mu 2009, ubu icunga gahunda esheshatu zirimo ibijyanye no guteganyiriza isabukuru, Pension, ibijyanye n’impanuka zikomoka mu kazi, Ubwisungane mu Kwivuza, RAMA, ibijyanye n’ibigenerwa umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara, n’ubwiteganyirize bw’igihe kirekire, Ejo Heza. Ni gahunda zirimo izireba abenegihugu aho bari hose kimwe n’abanyamahanga baba mu Rwanda.
Urwego
rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rwatangaje ko umutungo warwo wageze kuri
miliyari 3000,1Frw
Like This Post? Related Posts