• Amakuru / MU-RWANDA


Umuhumuza Gisele wari umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo nyuma yo kubona ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha.

Ni ibyaha bifitanye isano n’inyerezwa ry’umutungo wa Leta, urukiko rukaba rwemeje ko agomba kubikurikiranwaho afunzwe, bivugwa ko yabikoze ubwo yari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi, Isuku n’isukura WASAC).

Ni dosiye irimo n’abandi bari mu nzego z’ubuyobozi bwa WASAC barimo Murekezi Dominique wari umuyobozi wa WASAC Development na Mugwaneza Vincent de Paul wari ushinzwe imishinga yo gusaranganya amazi .

Abo urukiko rwategetse ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo ni Umuhumuza Gisele na Murekezi Dominique naho Mugwaneza Vince de Paul we rwemeza ko afungurwa by’agateganyo.

Inama yateranye ku wa 16 Nyakanga 2025 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida Kagame niyo yari yagize Umuhumuza Gisele umunyamabanya Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo aho yasimbuye uwitwa Abimana Fidele wari waragiyeho kuva muri 2022.

Umuhumuza yagiye muri MININFRA avuye ku buyobozi bwa WASAC yari yaragiyeho kuva muri kanama 2022.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments