• Amakuru / MU-RWANDA


Imodoka yari itwaye abantu batatu n’ihene 200 yakoreye impanuka ahazwi nko kuri ‘Dawe Uri mu Ijuru’, hapfa umuntu umwe n’ihene 30 muri 200 zari zijyanywe mu Isoko rya Rugali riherereye mu Karere ka Nyamasheke.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ivuye mu Karere ka Karongi yerekeza mu karere ka Nyamasheke, yakoze impanuka igeze mu Mudugudu wa Rufumberi, Akagari ka Ngoma, Umurenge wa Gishyita, mu Karere ka Karongi.

Mu bantu batatu yari itwaye umwe witwa Dusengumukiza Alexandre w’imyaka 30 ufite indangamuntu yatangiwe Kabare mu Karere ka Kayonza, yahise apfa. Naho Uzabakiriho Alpha wari uyitwaye na Nyirahabumugisha Asinathe, bakomeretse byoroheje bitabwaho n’ibitaro bya Mugonero barataha.

Umwe mu baturage bari ahabereye iyi mpanuka, yavuze ko umushoferi ashobora kuba yagize ikibazo cya feri.

Ati: “Yagiye gukata ikorosi ryo kuri ‘Dawe Uri Mu Ijuru’ kurikata biranga mbona ari nko kubura feri, agonga ibyuma byo ku muhanda, imodoka igusha urubavu.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishyita, Nsengiyumva Rwandekwe Songa, yavuze ko impanuka ikiba abaturage batanze amakuru, ubuyobozi n’inzego z’umutekano bihutira gutabara.

Yagize ati: “Umwe yahise apfa, abari bakomeretse twahamagaye Ibitaro bya Mugonero byohereza abaza kubaha ubutabazi bw’ibanze bakiri aho impanuka yabereye, nyuma bajyanana n’umurambo wa Nyakwigendera. Abakomeretse batashye kuko byari byoroheje, umurambo uracyari mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Mugonero.”

Yakomeje avuga ko bagishakisha umuryango wa nyakwigendera kuko indangamuntu basanze yaratangiwe i Kabare mu Karere ka Kayonza, bakaba bahamagaye abo muri ako Karere ngo babafashe gukurikirana.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yavuze ko impanuka yatewe n’imiyoborere mibi y’ikinyabiziga no kutaringaniza umuvuduko byakozwe n’umushoferi.

Yagize ati: “Yageze hariya kuri Dawe Uri Mu Ijuru gukata ikorosi ryaho biramunanira agonga ibyuma byo ku muhanda arawurenga imodoka igusha urubavu. Muri iyi mpanuka uwitwa Dusengumukiza Alexandre yahise yitaba Imana, hakomereka byoroheje abantu 2 harimo n’umushoferi, hapfa n’ihene 30.”

SP Kayigi   yakomeje yihanangiriza abayobozi b’ibinyabiziga kudatwara imodoka bananiwe cyangwa bari ku muvuduko wo hejuru.

Ati: “Biragaragara ko impanuka ziri kuba bitewe no kunanirwa kw’abatwaye  ibyabiziga ari yo mpamvu tubibutsa kuruhuka, bagatwara bameze neza kugira ngo bagere aho bajya amahoro.”

Impanuka zo mu muhanda ni ikibazo gihangayikishije isi yose bitewe n’uko ziri mu biza ku isonga mu guhitana ubuzima bw’abantu benshi ku Isi, aho buri mwaka abarenga miliyoni bahitanwa na zo, abandi zikabakomeretsa.

Imibare itangazwa n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, igaragaza ko mu Rwanda haba impanuka ziri hagati ya 13 na 15 ku munsi.

Mu mwaka wa 2024, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda zisaga ibihumbi 9, zirimo izahitanye ubuzima bw’abantu 350.


Iyi mpanuka yaguyemo umuntu umwe ndetse inahitana ihene 30 muri 200 yari itwaye 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments