• Amakuru / MU-RWANDA


Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNCHR), ryatangaje ko ryacyuye ikindi cyiciro cy’Abanyarwanda 284 babaga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Iki gikorwa cyo gucyura ku bushake aba Banyarwanda babaga mu nkambi y’agateganyo ya Goma, cyabaye ku wa 09 Nzeri 2025, nyuma y’isuzuma ryakozwe n’abakozi ba UNCHR, nk’uko byasobanuwe n’Umuyobozi w’iri shami, Filippo Grandi.

Gucyura aba Banyarwanda bishingira ku bwumvikane u Rwanda, RDC na UNHCR byagiranye tariki ya 24 Nyakanga 2025, ubwo intumwa zabyo zahuriraga i Addis Abeba muri Ethiopia ku cyicaro cy’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe.

Impande zose zemeranyije ko zizakomeza gukorana mu gukemura ibibazo bibangamira impunzi z’Abanye-Congo n’iz’Abanyarwanda, harimo no gucyura izifuza gutaha ku bushake.

Ku wa 25 Kanama 2025, UNCHR yacyuye Abanyarwanda 533 babaga mu nkambi y’agateganyo ya Goma, isobanura ko izakomeza gukorana n’ibihugu byombi kugira ngo n’abandi babyifuza bafashwe gutaha.

Muri Gicurasi 2025, nabwo Abanyarwanda 360 bavuye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bakirwa mu rwababyaye banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Kongo mu Karere ka Rubavu.

Ni Abanyarwanda babuzwaga gutaha n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Aba banyarwanda batahutse nyuma y’umutekano bahawe n’umutwe wa AFC/M23, mu bice bitandukanye igenzura mu Burasirazuba bwa RDC.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments