• Amakuru / POLITIKI


Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko cyishe Maj. Gen Mohammed Abdulkarim al-Ghamari wari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa Houthi wo muri Yemen.

 

IDF mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko yishe uriya mugabo mu bitero ingabo zayo zirwanira mu kirere zagabye ku bayobozi bakuru ba Houthi mu mpera za Kanama uyu mwaka.

 

Iti: “Muhammad al-Ghamari, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ubutegetsi bw’iterabwoba bw’aba Houthi yishwe, nyuma y’ibitero by’indege byo ku wa 28 Kanama byibasiye abayobozi bakuru ba Houthi.”

 

Umutwe w’aba-Houthi na wo wemeje ko uriya wari umuyobozi w’Igisirikare cyawo yishwe, mu itangazo wasohoye ku wa Kane tariki ya 16 Ukwakira 2025.

 

Aba-Houthi bavuze ko urupfu rwa al-Ghamari rutazatuma bacika intege, ahubwo bashimangira ko intambara bafitanye na Israel itarangiye kandi ko Israel izahabwa igihano gikwiye ku byaha yakoze.

 

Israel ivuga ko mbere yo kwivugana uriya Jenerali yari yabanje kugaba i Sanaa muri Yemen ibitero byari bigamije kwica abayobozi bakuru ba Houthi barimo na al-Ghamari ntibyakunda, ariko ibyo bitero byahitanye Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma iyobowe n’Abahouthi ndetse n’abandi Baminisitiri.

 

Minisitiri w’Ingabo zayo, Israel Katz, yashimangiye ko bazakomeza kwihimura ku muntu uwo ari we wese ubateje umutekano muke.

 

Maj. Gen. al-Ghamari yari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Houthi kuva muri 2016.

Israel imushinja kuba yaragize uruhare mu kubaka sisitemu za missile n’ibikorwa remezo bikora inganda byagize uruhare rukomeye mu gutoza Hezbollah na IRGC, indi mitwe badacana uwaka.

IDF ivuga ko urupfu rw’uriya Jenerali ari “igihombo gikomeye ku buyobozi bw’igisirikare cya Houthi yagize uruhare mu kugaba ibitero kuri Israel mu gihe cy’intambara.”

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments