• Amakuru / POLITIKI


Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, yahuye na Perezida Emmanuel Macron mu cyumweru gishize mbere yo kujya muri gereza ya La Santé iherereye mu mujyi wa Paris.

Muri Nzeri 2025, urukiko rwahamije Sarkozy umugambi wo kwakira inkunga yo gushyigikira ibikorwa bye byo kwiyamamaza, iturutse kuri Col Muammar Kaddafi wayoboye Libya, na we amusezeranya kumufasha gusubirana igikundiro ku ruhando mpuzamahanga.

Ubutabera bw’u Bufaransa bwemeje ko Sarkozy yakoze icyaha, kubera ko hari amafaranga abiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu baba batagomba kurenza, ariko uyu munyapolitiki we yashakaga kuyarenza kubera inkunga Kaddafi yamusezeranyije.

Urukiko rwashingiye kuri izi mpamvu, rukatira Sarkozy igifungo cy’imyaka itanu, ariko we yakomeje kuvuga ko atigeze akora iki cyaha, ati “Niba bashaka ko ndara muri gereza, nzararamo.”

Tariki ya 13 Ukwakira Sarkozy yitabye ishami ry’Ubushinjacyaha rishinzwe gukurikirana ibyaha byerekeye ku mari, rimumenyesha ko kuri uyu wa 21 Ukwakira ari bwo ajya gufungirwa muri gereza ya La Santé.

Abanyamategeko be bateganya gusaba ko yafungurwa by’agateganyo agikandagiza ibirenge muri iyi gereza, mu gihe urukiko rusuzuma ubujurire yatanze ku gihano yakatiwe.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje guhura kwa Sarkozy na Perezida Macron, ntibyasobanuye icyo bombi baganiriye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments