Mu Karere ka
Gastibo, mu Murenge wa Remera, umugabo witwa Nsekanabo Jean Marie Vianney, uri
mu kigero cy'imyaka 38 yasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n'inkoni yakubiswe
agiye kwiba.
Iyi nkuru
yamenykekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20 Ukwakira 2025, mu
Gasenga, mu Kagari ka Bushobora, mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Gatsibo, mu
Ntara y'Iburasirazuba.
Umwe mu
baturage baganiriye na BTN TV, yagize ati:"Namenye urupfu rwa
nyakwigendera ndi mu kazi biba ngombwa ko nkomeza gukurura amakuru, babwira ko
hari umuntu bibye inka hanyuma bari kuyishakisha bahurira na we mu nzira bahita
bamufata bakeka ko ari we wayitwaye ariko ntabwo iyo nka bayimufatanye rero
yashatse kubarwanya kuko yari umusore bahamagara abandi bantu baramukubita
bamuzana ari intere kugeza apfuye."
Undi
muturage yakomeje avuga nyakwigendera bari basanzwe baturanye mu Mudugudu umwe
ariko ko batunguwe no kumva bavuga ko bamufashe yibye kuko batari basanzwe
babimuziho.
Umunyamabanga
Nshingwanikorwa w'umurenge wa Remera, Rugeni Concolé, yemeje aya makuru,
anasaba abaturage kwiranda ibikorwa byo kwihanira.
Yagize
ati:"Ayo makuru twarayamenye ko hari umuturage wakubiswe agakomeraka
ndetse akajyanwa kwa muganga nyuma bikamuviramo urupfu."
Yokomeje
agenera abaturage ubutumwa ko kizira kikaziririzwa kwihanira, yongeraho ko mu
gihe umuturage abona hari ibyo yangirijwe n'umuntu aba akwiye kubimenyesha
inzego z'ubuyobozi n'iz'umutekano zikamufasha.
Raporo
y’Urwego rw’Ubucamanza y'umwaka wa 2024/2025 yagaragaje ko ibyaha byiganje muri
sosiyete nyarwanda birangajwe imbere n’ubujura, mu gihe icyaha cyo gukubita no
gukomeretsa ku bushake kiza ku mwanya wa kabiri.
Iki cyaha
giteganywa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, aho riteganya ko
umuntu, ubishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa
kiboko bubabaje aba akoze icyaha.
Iyo
abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko
kitarenze umwaka 1 n’ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 300.000
FRW.