• Amakuru / MU-RWANDA


Umugabo wo mu Murenge wa Nkungu w’Akarere ka Rusizi, akurikiranyweho kwangiza urugi n’idirishya ry’inzu ya nyirabukwe biturutse ku makimbirane afitanye n’umugore we.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Muhora, mu Kagari ka Mataba, mu Murenge wa Nkungu, mu  Karere ka Rusizi, mu Ntara y'Iburengerazuba, ku wa 20 Ukwakira 2025.

Mu masaha ya Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba (17h00) niwo uwo mugabo yagiye kwa nyirabukwe ngo bamusubize umwana w’umuhungu w’imyaka itatu nyina yari yatwaye.

Uwo mugabo n’umugore we bafitanye abana bane ariko bamaze imyaka irindwi bafitanye amakimbirane akomoka ku myemerere yo kuraguza, kuko bivugwa ko umugabo abapfumu bamwangishije umuryango yashatsemo n’umugore biba uko.

Mu mwaka wa 2019, umugore yarwaye indwara yamuteye ubumuga bw’ukuguru n’ukuboko, bituma mu 2020 ajya iwabo amarayo imyaka itatu.

Mu mwaka wa 2023, uwo mugore yaratashye ageze mu rugo ashyamirana n’umugabo we, hanyuma yahukanira kwa musasa we, ariko aza kuhava asubira mu rugo rwe.

Muri Gicurasi uyu mwaka, uwo mugabo n’umugore bongeye gushyamirana umugabo yahukanira iwabo, abana abasigira umugabo we usanzwe acuruza inzoga.

Uyu mugore avuga ko nyuma yaje guhabwa amakuru ko abana be babayeho nabi, afata icyemezo cyo kujyayo afata umwana mukuru w’imyaka 14 aramutwara, nyuma aza kujyaho anatwara umwana muto w’imyaka itatu na we aramujyana.

Umwana w’imyaka itatu watwawe na nyina nyuma ni we Se yagiye gutwara biteza imvururu zatumye yangiza urugi n’idirishya byo kwa nyirabukwe.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkungu, Habimana Emmanuel, avuga ko nyuma yo kumenya ayo makuru ubuyobozi bwahuje imiryango yombi kugira ngo baganire kuri icyo kibazo hanyuma n’ibigize icyaha ababigizemo uruhare babikurikiranweho.

Yagize ati:"Ni amahano, ntaho biba gusenya inzu ya nyokobukwe. Uyu muryango dusanzwe tuwufite mu miryango ibanye mu makimbirane, inama tubagira ni uko igihe kubana binaniranye bajya bagana inkiko zikabatandukanya."

Uwo mugore n’umugabo bafitanye abana bane umukuru afite imyaka 14 umuto afite imyaka itatu.

Amakimbirane mu muryango ni ikibazo gikomeye cyugaruje umuryango Nyarwanda 

Ikibazo cy'amakimbirane mu muryango Nyarwanda kimaze gufata indi ntera kuko bigoye ko hashira umunsi umwe hatumvikanye inkuru mbi y'umugabo wishe umugore, umugore wishe umugabo, umubyeyi wishe umwana cyangwa umwana wishe umubyeyi.

Ni mu gihe ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Imiyoborere, RGB mu 2017, abaturage babajijwe bagaragaje ko amakimbirane mu miryango yari hejuru ya 50% by’imiryango yose mu gihugu.

Mu 2018 ubwo bushakashatsi bwongera kugaragaza ko amakimbirane yo mu miryango yari ku kigero cya 60.7% na ho mu 2019, amakimbirane mu muryango yari ku kigero cya 70.39%.

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango nayo mu 2019, yakoze ubushakashatsi ku mpamvu zitera amakimbirane yo mu muryango, aho bugaragaza ko amakimbirane yo mu muryango aterwa n’ubusinzi aho buri kuri 52%, ubumenyi buke mu by’amategeko, ubuharike, ubusumbane hagati y’umugore n’umugabo, imyumvire mibi ku ihame ry’uburinganire, imikoreshereze mibi y’umutungo n’ibindi.

Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, mu mwaka wa 2007, yagaragaje ko abagabo n’abagore mu Rwanda bicana bitewe n’ibintu byoroshye cyane bishingiye ku kuba hari icyo batumvikanyeho.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments