• Amakuru / MU-RWANDA


Mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango, mu kagari ka Bunyogombe mu mudugudu wa Bugarura baratabariza umuturage witwa Ndahimana Euphraim ufite imyaka 74 uba mu kazu gato kandi gashaje cyane k’uburyo ubona ko kamugwira hatagize igikorwa hakiri kare.

Muzehe Ndahimana avuga ko abayeho mu buzim butamworoheye cyane ko aba muri aka kazu ka wenyine, ndetse atunzwe no guhingira abaturage kugira ngo abone ibumutunga. Akaba asaba ko Leta yamurwanaho akabona aho arambika umusaya.

Abaturanyi ba Ndahimana bavuga bafite impungenge ko imvura iyo iguye baba bikanga iramutwara.

Habanabakize avuga ko Ndahimana no kwibonera mutuel byamunaniye bityo ko akwiriye guhabwa ubufasha.

“Uyu muvandimwe wacu rwose ni umukene k’uburyo nta na mituel (ubwisungane mu kwivuza) anagira, rwose Leta yamufasha akabona iyo nka cyangwa iyo nzu nawe akiteza imbere.”

Mukamana uturanye na Ndahimana nawe yunga murya mugenzi ahamya ko Ndahimana akeneye ubufasha bwa Leta.

“Icya mbere arya aciye inshuro, icya kabiri mbona imvura iguye ngira impungenge ko yamugwira, mba nibaza nti ubu koko haje nk’imvura iyi nzu ntiyamugwa hejuru? Rwose ubuyobozi bukore uko bushoboye bumwubakire.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhango Kayitare Wellars, atangaza ko agiye kubanza kumenya imiterere y’ikibazo ndetse arebe niba koko Ndahimana yafashwa.

“Icya mbere ni ukubanza kumumenya, tukamenya ikibazo afite, tukanamenya niba ntabundi bufasha yigeze abona cyangwa se niba ntabundi bushobozi afite, ubundi tukareba niba uko twamufasha nk’uko dufasha abanda.”

Gitifu Kayitare avuga ko kugeza ubu mu murenge wa Ruhango bamaze gusanira abantu bagera kuri 24, kubakira abantu bageze mu 10, kandi gahunda iracyakomeje.

Ruhango ni akarere ka 7 uhereye inyuma ku rutonde rugaragaza uko uturere dukurikirana mu bukene.

Imibare yagaragajwe mu bushakashatsi bwa National Institute of Statistics of Rwanda (NISR) muri Raporo ya ?EICV7 (2023-24) yerekana ko 27.4% by’abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene mu gihe 5.4% by’abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene bukabije


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments