• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi Stanley Omah Didia, uzwi cyane ku izina rya Omah Lay uririmba injyana  ya Afrobeats,, yatangaje ko arambizwe kubaho ari ingaragu

Uyu musore  wakunzwe indirimbo ye “Boy Alone”, yavuze ko kuba ari wenyine bimaze kumubera ibintu bitagifite uburyohe nk’uko byahoze.

Abinyujije kuri konti ye ya Snapchat, Omah Lay yanditse amagambo agaragaza uko yiyumva muri iyi minsi agira ati:

“Yego, nta mukobwa mfite. Kuba njyenyine bimaze kumbera ibintu birambiranye muri iyi minsi.”

Ibi byahise bituma abakunzi be bagaragaza ibitekerezo bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bamuhumuriza abandi bamushishikariza gushaka uwo bakundana.

Uyu  muhanzi aherutse gutangaza ko  amaze igihe  afite agahinda gakabije (Depression) yanze kugabanuka  nubwo kugeza ubu  hatagaragazwa niba  ibyo bifitanye  isano no kuba ari Ingaragu .

Uyu  muhanzi  mu kiganiro  yagiranye na  BBC 1 Xtra mu mwaka wa 2023  yatangaje ko  ikintu kimwe yicuza mu buzima bwe ari urukundo yagiranye n’umwr  mu bakunzi ba kera  witwa Bright .

Yagize ati  “ iyo  nza  kuba nashoboraga gusubiza inyuma ibihe byashize nari gusubiza inyuma urwo rukundo rwacu .

Nyuma yo kwamamara cyane, Omah Lay yahisemo kubika ubuzima bwe bwite mu ibanga, kandi mu bihe byashize yari yarabwiye itangazamakuru ko ubwamamare yagezeho mu buryo butunguranye bwagize ingaruka mbi ku buzima bwe bwo mu mutwe, avuga ko byatumye atakaza ituze.

Uyu muhanzi yakomeje gusaba abakunzi be kumusengera no kumwifuriza gukira burundu agahinda yakomeje guhangana nako mu gihe gishize.

 

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments