Mu gihe
hasigaye iminsi 23 ngo umuramyi Richard Nick Ngendahayo umaze imyaka
itari mike Atari mu Rwanda mbere y’uko ataramira mu nyubako
ifatwa nk’idasanzwe mu bikorwa remezo bya hano mu Rwanda yabanje
kuyitemberezwa yerekwa byinshi mu biyigize .
Uyu muramyi wari uherekejwe n’umugore we bamaranye imyaka 11 nyuma yo gutemeberezwa inyubako ya BK ARENA no gusobanurirwa byinshi kuriyo kabone ko yubatse Atari mu Rwana yishimiye iki gikorwa agira byinshi atangaza .
Mu kiganiro n’abanyamakuru Richard Nick Ngendahayo yashimiye Perezida wa Repubulika Nyakubahwa Paul Kagame ukomeje gukora ibikorwa byinshi byiza biteza imbere u Rwanda n’abanyarwanda .
Yagize ati “ Ndashimira Perezida wa Repubulika
kubyo akomeje gukorera abanyarwanda , kuko
nageze mu rugo nyuma y’imyaka 11 ntagera mu Rwanda rero ngomba kubaza
gushimira nyirwarwo .
Yakomeje agira ati :Nkurikije ibyo
nabonye I Kigali imeze na BK Arena Uko yubatse amashimwe yanjye ndayaha
Perezida Kagame kuko kuva na mbere hose Perezida Kagame ku Rugamba yari
umuntu ugaragaza ubuhanga bwinshi cyane bigaragara
ko ari impano Imana yihereye
abanyarwanda .
Mu bindi
yatangaje ni uko imyubakore yabonye ya BK Arena hari nyinshi muzo abona muri Amerika iruta cyane cyane
Mu gusoza Richard Nick yavuze ko iyi nzu
Imana yahaye Abanyarwanda kimwe mu byo yayibahereye ari ukugira ngo bazajye
bayiteraniramo bayisenga, bityo asaba abakunzi be kuzitabira ari benshi kugira
bayishimire ibyiza ikomeje guha u Rwanda.
Richard
Ngendahayo waherukaga i Kigali mu 2008 mbere yo kwerekeza muri Leta Zunze
Ubumwe za Amerika, ategerejwe kuhakorera igitaramo ku wa 29 Ugushyingo 2025.
Amatike
yo kwinjira muri iki gitaramo amaze iminsi ku isoko, iya make ikaba iri kugura
5000Frw, ibihumbi 10Frw mu myanya ikurikira, ibihumbi 15Frw, ibihumbi 20Frw mu
gihe itike ya menshi ari ibihumbi 25Frw.