Umunyabigwi
mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Alexis Dusabe
uri kwizihiza imyaka 25 amaze
akora uwo murimo wo guhimbaza Imana
yijeje abakunzi be igitaramo cy’igitangaza cy’umuyoboro 25 Years Concert .
Ibi uyu muramyi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Ukuboza 2025 muri Dove Hotel ku gisozi aho yagarutse ku myiteguro ye n’abazamufasha ndetse nibyo yishimira muri uru rugendo rutari rworoshye rw’imyaka 25 akora umurimo wo kuramya no guhimbaza Imana..
Alexis
Dusabe ubwo yari abajijwe ibyo yishimira yavuze ko ari byinshi kuko ubwo
yatangira kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu mwaka wa 2000
aribwo yashyize hanze indirimbo ye yise Mfite Umukunzi utuye inyuma y’ibicu, nyuma
yo kuyishyira hanze yavuze
yakoze ibintu byinshi kugeza kuri
uyu mwaka 25 aho yahise afata icyemezo
cy’uko waba uwo gushimira imana
ategura iki gitaramo cy’indirimbo zo
guhimbaza Imana aho yasabye buri muntu wese yazaza bagafatanya kuramya .
Alexis yakomeje avuga ko muri iyo myaka 25 habayemo
ibitaramo byinshi bisaga ijana , ndetse
yagize n’umwanya wo gusura amagereza mu rwego rwo guhumuriza abafunze ndetse
yanasuye ibigo by’imfubyi nazo azihumuriza mu ijambo ry’Imana .
Yakomeje avuga
ko ashimira imana cyane ndetse n’abafatanyabikorwa be ,Abahanzi Bosco Nshuti na
Pastor Lopes w’I Burundi bakoze uko bashoboye kugira ku tariki ya 14 Ukuboza 2025 izabe umunsi w’amateka binyuze mu kuririmbira no
kuramya Imana .
Ku ruhande
rwa Bosco Nshuti ubwo yarabajijwe
ikibazo n’Umunyamakuru wa BTN Rwanda
nk’umuramyi watangiye kuririmba
nyuma ya Alexis Dusabe icyo yamwigiyeho
.
Nshuti
yagize ati : Ndashima Imana yatumye mbasha
kuzaba ndi muri iki gitaramo cya Alexis Dusabe , aho yavuze ko uyu muramyi ari
icyitegererezo kuri benshi mu baramyi
benshi batangiye kuririmba nyuma ye.
Yakomeje avuga
ko kuri we ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye aribwo
Akexis yagiye kuririmba kw’inshuri ryabo
kubera ubuhanga buhebuje bikaba biri mu byatumye nawe yifuza kuzagera ikirenge mucye kandi akaba ashima Imana
yatumye babasha kumenyana ndetse akaba azaririmba mu gitaramo .
Nshuti kandi
yashimiye Alexis Dusabe kuba mu myaka 25
yarayitwayemo neza cyane ntihagire
ikintu kumubangamira kugeza ubu
yizihiza iyo myaka agikora umurimo wo
kuramya no guhimbaza .
Ku ruhande rw’abafasha Alexis Dusabe babajijwe ku kibazo cyavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo habagaho impinduka hagati yabateguraga icyo gitaramo ariko byaje guhagarara ntibakomezanye gukorana ndetse hari n’abantu bari baraguze amatike .
Eric Shaba
yasubije ko aribyo koko mu ntangiriro
bategura iki gitaramo bakoranaga na
Authentic Event ariko hakaza kuzaba
ibintu bituma badakomeza gukorana aribwo bahise bakorana na EAGF ubu
imyiteguro yose ikaba imeze neza nkuko abazitabira bazabyibonera mu gitaramo .
Ku bijyanye n’abaguze amatike Shaba yavuze ko abari baraguze amatike banyuze ku murogo wabo bakoranga
batangira basubijwe amafaranga
yabo,anasaba abifuza amatike Amatike yo kwinjira muri Umuyoboro 25 Years
Concert ari kuboneka mu byiciro bitandukanye bijyanye n’ubushobozi bwa buri
wese, harimo Classic ya 5,000 Frw, Silver ya 10,000 Frw, Gold
ya 20,000 Frw, Premium ya 25,000 Frw, ndetse na VVIP Sponsor ya 50,000
Frw.
Hari
promotion idasanzwe: 10% OFF [igabanyirizwa] ku muntu wese wishyura akoresheje
Airtel Money, anyuze kuri *797*50*2*93# (East African Gospel Festival
EAGF).
Ni uburyo
bugamije korohereza abakunzi b’igitaramo no kubashimira ubushake bwo
gushyigikira iki gikorwa cyagutse.
Igitaramo
cyubakiye ku bufatanye bw’imiryango n’ibigo bitandukanye byahisemo gushyigikira
uyu munsi w’amateka. Abaterankunga barimo: Airtel, Dove Hotel, Saltel, AZF
Global Trading na Ishema Paper Cups.
Ubufatanye
bwabo bwatumye iki gitaramo gishyirwa ku rwego rwo hejuru, haba mu
mitunganyirize n’ibindi bice byose bigize event.
Ni igitaramo cyitezweho guhuza abakunzi b’umuziki wa Gospel, abashaka kongera gushimangira ukwizera ndetse n’abifuza gusabana no kubaka umwuka w’ubumwe hagati yabo no hagati yabo n’Imana.
Like This Post? Related Posts