• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umugabo wa Zari Hassan, Shakib Cham Lutaaya, yahakanye yivuye inyuma ibirego bimushinja kugira uruhare mu byaha by’urugomo n’ubujura byavuzwe ko byabereye mu kabari ka Boss Mutoto kari ahitwa i Munyonyo.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo muri Uganda, Shakib yavuze ko ari umuntu wiyubashye, wubaha amategeko kandi ufite isura nziza muri rubanda adashobora gutesha agaciro yishora mu byaha.

Shakib yavuze ko azwi nk’umucuruzi kandi ko afite byinshi yatakaza mu gihe yakwivanga mu bikorwa binyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “Abanya-Uganda banzi nk’umucuruzi. Mfite isura nini ngomba kurinda. Sinshobora kwishyira mu byaha nk’ibyo by’ubujura cyangwa urugomo. Si ndi umujura, kandi si ndi umuntu w’intagondwa nk’uko babimbeshyera.”

Ibi birego byongeye kuvugwa nyuma y’uko bivuzwe ko itsinda ry’abantu bivugwa ko bafitanye isano na Shakib ryateye akabari ka Boss Mutoto, rikomeretsa bamwe mu bari bahari, rikanangiza ibikoresho ndetse rikajyana telefone n’amafaranga.

Iperereza ryahise ritangizwa n’Ishami rya Polisi yo mu gace ka Kabalagala, aho Shakib yahamagawe ngo atange ibisobanuro.

Akomoza kuri iyo dosiye, Shakib yavuze ko iyo aba ari umunyabyaha koko, aba yarafunzwe kera.

Ati “Abajura baba muri gereza, ariko nk’uko mubibona ndi hanze mu mudendezo. Ibyo bivuga ko nta cyaha nakoze.”

Yanahakanye amakuru yavugaga ko yaba yarahunze igihugu yerekeza muri Afurika y’Epfo ngo yirinde gufatwa, avuga ko asanzwe ahafite inzu kandi ahasura kenshi kubera ibikorwa bye bwite.

Ku birebana n’umubano we na Boss Mutoto, Shakib yavuze ko nta makimbirane bafitanye, ndetse ko yamufataga nk’umuvandimwe, yirinda gutanga ibisobanuro birambuye ku buryo ikibazo cyabo cyakemutse.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments