Umuramyi Prosper Nkomezi
yambitse impeta umukunzi we Retina Nkurunziza bitegura kurushinga.
Ni inkuru uyu
muramyi yatangaje anyuze ku mbuga
ze nkoranyambaga ku mugoroba w’itariki 13 Mutaraba 2026
agaragaza akanyanyamueza kenshi.
Yanditse ati “Umutima wanjye waguhisemo, ijuru
rirabyemeza. Ndagukunda uyu munsi, ejo hazaza n’iherezo .”
Ni amagambo yaherekeresheje ifoto ari kumwe
n’umukunzi we amufashe mu kiganza amwitegereza mu maso basa nkabatambuka
intambwe imwe.
Ni ubwa mbere Nkomezi yari agaragaje umukobwa
bakundana kuva yamenyekana dore ko yari amaze igihe abibazwa ariko agasubiza ko
igihe nyacyo Imana izatuma bibaho.
Nkomezi atangaje umukunzi we anamwambika impeta
y’urukundo nyuma y’igihe kitari gito havugwa ibihuha by’uko yaba akundana na
Nyampinga w’u Rwanda 2022, Muheto Divine ariko abo bombi bakomeje kunyomoza ayo makuru bavuga ko ari inshuti zisanzwe
Prosper Nkomezi azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo Humura, Hari ibyiringiro, Ntijya ubeshya n’izindi.
Akanyamuneza kari kose kuri Nkomezi wemerewe n’umukunzi kumubera umugore.