Urukiko rwo muri
Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwakuyeho ikirego umuhanzi Chris Brown yari
yarezemo ibigo bya Warner Bros Discovery na Ample Entertainment, kuri filime
byamukozeho.
Chris Brown yari yagejeje ikirego mu rukiko muri Mutarama
2025, biturutse kuri filime mbarankuru ibi bigo byakoze yiswe “Chris Brown: A
History of Violence”.
Ishingiye ku kirego cy’umugore wamushinje kumuhohotera mu 2020,
ikirego kikaza guteshwa agaciro.
Ni filime yasohotse mu Ukwakira 2024. Chris
Brown agaragaza ko yuzuyemo ibinyoma no kumuharabika, ndetse yari yasabye
indishyi ya miliyoni 500$.
Brown yavugaga ko ibyagaragajwe muri iyo
filime byari ibinyoma, ari yo mpamvu yakannye inkiko.
Urukiko rwagikuyeho nyuma yo gusanga filime
mbarankuru ibi bigo byamukozeho, yarubahirije amahame y’itangazamakuru.
Gusa ku wa Mbere tariki 12 Mutarama 2026,
umucamanza Colin Leis yategetse ko iki kirego giseswa, ko yakoze isuzuma rya
filime yose agasanga abakoze iyi filime barahaye umwanya impande zombi.
Ati “Urukiko rwarebye filime yose. Yagaragaje n’ibyo Chris Brown
avuga ko bitajyanye n’ukuri, harimo n’ubutumwa bugufi yavugaga. Abanyamakuru
batanze inkuru mu buryo buboneye kandi bushingiye ku byabaye n’inyandiko zo mu
nkiko.”
Urukiko rwongeye no gutesha agaciro ikirego cy’uko Chris Brown
yasebejwe n’amagambo yavuzwe n’umwanditsi w’ibijyanye n’umuco, Scaachi Koul,
wavuze ko uyu muhanzi afite “imico yo gukubita abagore”.
Ruvuga ko ayo magambo atari icyaha kuko Brown ubwe yemeye ko mu
2009 yakubise bikabije umuhanzi Rihanna, wari umukunzi we icyo gihe.
Icyo gihe Chris Brown yemereye urukiko ko mu bihe byashize
yaranzwe n’urugomo, ariko akagaragaza ko yabihaniwe kandi akagerageza guhindura
imyitwarire ye.
Yavugaga ko iyi filime yamugizeho ingaruka ku izina rye, ku
muziki we no ku buzima bwe bwo mu mutwe.
Filime “Chris Brown: A History of Violence” imara isaha
n’iminota 22, ikagaruka ku birego bitandukanye byagiye bishinjwa Chris Brown
by’ihohotera rishingiye ku gitsina no ku mubiri.
Inagaragaza ko hari aho atigeze abihanirwa kubera izina n’icyubahiro
afite mu muziki.
Nubwo yasabaga indishyi z’amafaranga menshi, urukiko rwanzuye ko
Warner Bros Discovery n’abandi bafatanyije gukora iyi filime batanyuranyije
n’amategeko, bityo ikirego cye giteshwa agaciro burundu.