Kuri uyu wa 14 Mutarama 2026, Shema Arnaud wamenyekanye nka DJ Toxxyk yemereye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ko yakoze icyaha cyo guhunga umaze gukora cyangwa guteza impanuka n’icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake.
Yavuze ko atemera
icyaha cyo gukora ibikorwa byerekeye ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti
ikoreshwa nka byo n’icyo kwanga gupimishwa icyuma gipima ingabo alcohol mu
mubiri.
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge
gutegeka ko DJ Toxxyk afungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko iperereza ku byaha
akurikiranyweho rigikomeje.
Bwagaragaje kandi ko kumufunga ari bwo buryo bwonyine bwatuma
ibyaha nko gukoresha ibiyobyabwenge bihagarara no kuba bwaba uburyo bwo
kumubuza gutoroka ubutabera.
Umushinjacyaha yasobanuye ko ubwo umupolisi yahagarikaga DJ
Toxxyk agira ngo amuyobore, yanze guhagarara aramugonga, agenda amukurubana.
DJ Toxxyk we avuga ko kumugonga byabaye impanuka kuko
bitaturutse ku bushake.
Umushinjacyaha kandi yavuze ko DJ Toxxyk yemereye Ubugenzacyaha
ko yatangiye gukoresha urumogi mu 2021, amaze gutandukana n’umugore we, ariko
yageze mu Bushinjacyaha no mu rukiko arabihakana.
Ubushinjacyaha buvuga ko mu isakwa ryakorewe mu rugo rwa DJ
Toxxyk, habonetse amagarama abiri y’urumogi.
Ku bijyanye no kwanga gusuzumishwa icyuma gipima alcohol, uregwa
we avuga ko ubwo yafatirwaga i Karongi, yapimwe akanafatwa ifoto bityo ko
atumva impamvu yo kuvuga ko yanze gupimwa.
Abanyamategeko be na bo bavuze ko uwo bunganira amaze gufatwa,
yanakorewe amasuzuma ariko ko kugeza ubu ibisubizo bitaramenyekana.
Me Utazirubanda Gad ati "Ni byo iperereza riba ari ibanga
ariko twakabaye tuzi ngo yapimwe ibiyobyabwenge asangwamo urwego runaka
rw’ibiyobyabwenge."
Shema n’abamwunganira basabye ko yafungurwa agakurikiranwa
adafunzwe by’agateganyo kuko nta mpamvu zikomeye zatuma afungwa cyane ko hari
ibyaha uregwa yiyemerera.
Ku bijyanye no kuba yaragonze umupolisi, DJ Toxxyk yavuze ko
yagonze bordure, ipine igapfumuka ari byo byatumye imodoka inanirwa guhagarara
ubwo umupolisi yamuhagarikaga ahubwo akamugonga.
Shema yavuze ko nyuma yo kugonga umupolisi, yagize ubwoba ari
bwo bwatumye ahunga ahabereye impanuka, ajya i Karongi kugisha inama inshuti
ye, ari na yo yahamagaye Polisi.
Yakomeje ati "Ibyaha bibiri nemera ndabisabira imbabazi,
ndagira ngo mbisubiremo kuko ni ibyaha bikomeye."
Ku kijyanye n’urumogi, DJ Toxxyk yemeye ko ubwo yajyanwaga iwe
n’inzego z’umutekano hasanzwe urumogi ariko ko atazi nyirarwo.
Yavuze ko imvugo ze zanditswe mu Bugenzacyaha yasanze
zitandukanye n’ibyo yivugiye ubwe, agaragaza ko yandikiwe ibyo atavuze.
Me Utazirubanda yavuze ko DJ Toxxyk asaba imbabazi umuryango
w’umupolisi yagonze, Polisi y’u Rwanda, urukiko n’Abanyarwanda muri rusange.
Ubushinjacyaha buvuga ko kuba DJ Toxxyk yemera ibyaha bimwe mu
byo akurikiranyweho bidakuraho impamvu zikomeye z’ibyo akurikiranyweho.
Bwagaragaje ko nubwo habayeho ubwicanyi budaturutse ku bushake,
habayeho ubuteganye buke bwanatumye akora impanuka havamo urupfu, kandi ko
uregwa yiyemereye ko yanyoye inzoga.
Umushinjacyaha yashimangiye ko ntacyo DJ Toxxyk apfa
n’abagenzacyaha ku buryo bari kumuhimbira ibyo atavuze mu ibazwa rye.
Umushinjacyaha yavuze ko kuba DJ Toxxyk yarafashwe nyuma
y’amasaha 14 byari muri gahunda yo kugira ngo adapimwa alcohol mu maraso.
Icyemezo cy’urukiko ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo
kizasomwa Saa Munani z’amanywa, ku wa 21 Mutarama 2026.