Umuryango
w’abakunzi b’umuziki wo kuramya Imana muri Nigeria no hirya no hino ku isi uri
mu gahinda gakomeye nyuma y’urupfu rwa Bunmi Akinnanu Adeoye, umuhanzi wamamaye
mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, uzwi cyane ku izina rya “Omije Ojumi”.
Bunmi
Akinnanu yitabye Imana ku itariki ya 12 Mutarama 2026, aguye mu bitaro byo mu
mujyi wa Lagos, nyuma yo kumara igihe arwaye indwara ikomeye yari yaribasiye
ukuguru kwe.
Inkuru
y’uru rupfu yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga n’inshuti ze za hafi n’abandi
bahanzi bakoranye umurimo wo kuramya Imana.
Mu
mezi ashize, uburwayi bwe bwari bwamenyekanye cyane, aho amashusho
yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga amwerekana ari mu rusengero, asaba
amasengesho kubera ukuguru kwe kwari kwabyimbye cyane kandi kukava amaraso. Ibi
byateye impuhwe n’amasengesho menshi byaturutse mu bakunzi b’umuziki we no mu
bakirisitu muri rusange.
Bunmi
Akinnanu yavukiye muri Nigeria ku itariki ya 19 Ugushyingo 1979. Yatangiye
kuririmba akiri muto, afite imyaka igera ku 10, nubwo mbere yari yarakoze mu
rwego rw’amabanki. Nyuma yaje gufata icyemezo gikomeye cyo kureka uwo murimo,
ahitamo kwitangira burundu umurimo wo kuramya Imana abinyujije mu muziki.
Yamenyekanye
cyane binyuze mu ndirimbo ye “Omije Ojumi” (Amarira y’amaso yanjye), yakunzwe
cyane mu nsengero no mu ngo nyinshi, bitewe n’ubutumwa bwayo bwuje ukwizera,
kwihangana n’icyizere cy’Imana.
Mu zindi ndirimbo ze zakunzwe harimo “O Ti
Sure,” “Dabira,” “Ma Sunkun Mo,” na “Testimony.”
Abamuzi
bamusobanura nk’umuhanzi wicisha bugufi, wiyeguriye Imana by’ukuri, kandi
waharaniraga gufasha abantu binyuze mu ndirimbo ze. Nyuma y’urupfu rwe,
abahanzi bagenzi be, abayobozi b’amadini n’abakunzi b’umuziki we bakomeje
kumwibuka nk’umugaragu w’Imana wanyuze imitima ya benshi.
Urupfu
rwa Bunmi Akinnanu rusize icyuho gikomeye mu muziki wo kuramya Imana muri
Nigeria, ariko umurage we uzakomeza kubaho binyuze mu ndirimbo ze zikomeje
guhumuriza no gukomeza imitima ya benshi.