• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umuhanzi  Adekule  Gold n’Umugore we Simi barimo  kwizihiza  Imyaka 7 bamaze bashyingirwanywe n’umugabo  n’umugore  aho bakomeje kwerekana  ko  urukundo rwabo  rukomeje gukomera aho kugabanuka

Adekunle Gold abinyujije  ku mbuga nkoranyambaga ze yagaragaje  amarangamutima menshi yishimira  umugore  we ,amusobanura nk’inshuti ye magara n’umuntu  wizewe cyane .

Yavuze  ko buri mwaka  amaranye na  Simi wagiye umubera  mwiza kurushaho .ukamwuzuza umutima  kandi  bigakomeza kumworohera  gukomeza kumukunda ,yongeyeho kandi ko  nubwo nubwo  bamaranye  imyaka 7 umutima we ugifite aho ubarizwa  kuri Simi

Ku rundi ruhande, Simi na we yasubije mu butumwa bwuje urukundo n’amarangamutima. Yise Adekunle Gold “umugabo w’ubuto bwanjye”, avuga ko kuva kera bagiye bahura neza kandi ko n’ubu bikiri uko. Yashimiye umugabo we kuba amubona uko ari by’ukuri, kumukunda byuzuye no kuba umugabo mwiza mu isi aho iyo mico ikunze kubura.

Aba bombi bazwiho gukundwa cyane kubera ubucuti, kubahana no kwitandukanya n’ukwirata kw’ibyamamare kuko bakomeje kubera benshi icyitegererezo cy’imibanire myiza.

Nyuma y’imyaka irindwi, urukundo rwa Adekunle Gold na Simi rukomeje kuba isomo ryiza ry’uko ubufatanye nyakuri, ubucuti n’urukundo rushingiye ku bushake n’ubwitange bikiriho koko.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments