Nyampinga w’U Rwanda 2020 Nishimwe Naomie yambwiye
amagambo yuje urukundo rwinshi umugabo we
Michael Tesfay kuri uyu munsi w’ibyishimo yizihizaho isabukuru y’amavuko
MissNaomie
yifashishije Imbuga ze
nkorambanyaga yasangije abamukurikira ubutumwa bwifuriza umugabo we isabukuru
nziza y’amavuko
Yagize ati “Isabukuru nziza, ndakwifuriza ibyiza gusa uyu munsi
n’iteka ryose. Uri umurinzi wanjye, aho uri mba numva ntekanye kandi uri umuntu
uhora ureba ko meza neza […] Ndasenga Imana ngo igukingurire imiryango,
ndakwifuriza ubuzima bwiza no kuramba ukazabona abuzukuru bawe.”
Ni ubutumwa burebure Miss Nishimwe Naomie yasoje yibutsa Michael
Tesfay ko amukunda kandi yishimira ko Imana yamumuhaye.
Inkuru y’urukundo rw’aba bombi yatangiye kumvikana mu
itangazamakuru kuva muri Mata 2022.
Kuva icyo gihe, yaba Nishimwe Naomie na Michael Tesfay bahorana
agatoki ku kandi mu ngendo zitandukanye ndetse no mu bikorwa bakora mu Rwanda
no hanze yarwo.
Mu Ukuboza 2024 ni bwo Miss Nishimwe Naomie na Michael Tesfay bemeranyije kubana akaramata mu birori bibereye ijisho
byabereye mu ‘Intare Conference Arena’.
Like This Post? Related Posts