Umuramyi Uwineza
Rachel umwe mu bakunzwe cyane hano mu
Rwanda mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana afatanyije na
Upper Room Events na
Deals On Events bateguye iserukiramuco rizahuzwa n’igiterano cyo
guhimbaza imana bise Muhazi Gospel
Festival 2026.
Mu kiganiro
n’umwe mubari kumufasha gutegura iryo
serukiramuco yadutangarije ko uwo munsi azaba ari umunsi mwiza wo
kwishimana n’imiryango ndetse n’inshuti
kuko muri iryo
serukiramuco hateganyijwe kuzaberamo ibikorwa byinshi bitandukanye .
Yagize ati hazaba harimo Imikino itandukanye izabera ku nkengero
z’ikiyaga cya Muhazi aho bamwe bazirebera ibyiza by’icyo kiyaga batemeberezwa mu bwato ndetse
banasangire amafunguro atandukanye .
Si ukwishimisha
gusa bizabera muri iryo serukiramuco kuko azaba ari umwanya mwiza
kandi uhagije wo kuramya no guhimbaza aho bazaba bari kumwe n’abaramyi
benshi batandukanye azagenda atangaza mu minsi iri imbere ndetse n’abakozi b’Imana
bazigisha ijambo ry’Imana bazwi hano mu Rwanda .
Iri
serukiramuco biteganyijwe y’uko rizaba
tariki ya 7 Werurwe 2026 ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi