• Imyidagaduro / ABAHANZI

 


Umunyamerika uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yamaze kuzuza abantu miliyoni 50 bamukurikira (subscribers) ku rubuga rwa YouTube, mu gihe yari ari mu rugendo rwe muri Nigeria, mu urugendo rwe rwo gusura ibihugu bitandukanye bya Afurika.

Uyu musore w’imyaka 21, uzwi ku izina nyaryo rya Darren Watkins Jr., yakiriwe n’abantu benshi mu mujyi wa Lagos, aho yakoranye ibikorwa bitandukanye n’abahanzi n’ibindi byamamare byo muri Nigeria. Ni muri urwo ruzinduko yatangarijwe ko channel ye ya YouTube imaze kugera ku rwego rwo hejuru, aho yujuje miliyoni 50 z’abamukurikira.

Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed yagaragaye anezerewe cyane, avuga ko iyi ari intsinzi ikomeye mu rugendo rwe rwo gukundwa ku rwego mpuzamahanga. Yashimiye by’umwihariko abakunzi be bo muri Afurika, avuga ko bamugaragarije urukundo rudasanzwe.

Mu minsi amaze muri Nigeria, IShowSpeed yasuye ahantu hatandukanye, ahura n’abafana benshi, anasura ibigo by’imyidagaduro n’abahanzi bakomeye. yagaragaye kandi akorana n’abahanzi bo muri Afrobeats ijyana imaze kwamamara ku isi hose.

Abasesenguzi bavuga ko urugendo rwe muri Afurika rwagize uruhare rukomeye mu kongera umubare w’abamukurikira, kuko yakurikiwe cyane n’urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko muri Nigeria, Ghana na Kenya n’u Rwanda .

IShowSpeed amaze kuba umwe mu bantu bakomeye bakoresha imbuga nkoranyambaga bakunzwe cyane ku isi, azwi cyane ku mashusho ye ya live, imikino ya video, n’imyitwarire ye itandukanye ikurura abantu benshi. Kugera kuri miliyoni 50 z’abamukurikira bituma ajya mu bantu bake cyane ku isi bageze kuri uru rwego kuri YouTube.

Iyi ntsinzi ye  yagaragaje  kandi uko Afurika igenda iba isoko rikomeye ry’itangazamakuru ryo kuri internet, aho abahanzi n’abanyamakuru mpuzamahanga bagenda bayigana kugira ngo bongere abakunzi babo.




 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments