• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umusobanuzi wa Filime  uzwi nka  PK ubusanzwe  witwa Karemera Hassan yarushinze n’umukobwa yaherukaga kwambika impeta y’urukundo.

PK yakoze ubukwe na Murekatete Diane bamaze igihe bakundana, bwabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026 ahitwa Ahava River Hall Kicukiro.

Ni ibirori byabanjirijwe n’umuhango wo gusaba no gukwa, nyuma yo habaho gusezerana imbere y’Imana.

Mu ijoro ryo ku wa 25 Ugushyingo 2025 ni bwo PK yatunguranye asangiza abamukurikira amafoto yambitse impeta Murekatete Diane, ahamya ko yishimiye kuba uwo yihebeye yamubwiye ‘Yego’.

PK mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa BTN RWANDA  usanzwe ari inshuti ye   yamutangarije ko mu gihe amaranye  n’umukunzi we yamukundishije ibijyanye na sinema ndetse amaze igihe abyiga ku buryo nyuma y’ubukwe azahita yinjira muri Sinema y’u Rwanda.

Ku rundi ruhande, PK yavuze ko guhera muri Gashyantare 2026 azongera gusubukura gusobanura filime kuko ari na ho benshi bamukundiye.

Ati “Ku mbuga nkoranyambaga usanga abantu benshi banyandikira bansaba ko nasubira mu byo gusobanura filime, nanjye rero narabumvise guhera muri Gashyantare 2026 ndaza kubisubiramo, urumva ko bizaba ari byiza kuko n’umugore wanjye azaba ari muri sinema y’u Rwanda.”

PK ni umwe mu basobanura filime bagize izina rikomeye mu myaka ishize ndetse akundwa n’abatari bake.


 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments