Chorale de
Kigali imaze kubaka izina mu kuririmba
no kuramya Imana muri Kiriziya Gato yabonye Umuyobozi w’umugore nyuma y’Imyaka 60 ishinzwe
Kuri iki cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026
nibwo abagize komite njyananama yatoye abagize komite nshya
yayo
Amatora yitabiriwe n’abanyamuryango bagera ku 100,
bahisemo Umwali Rugwizangoga Mireille ku mwanya wa Perezida wa Chorale de
Kigali, biba ku nshuro ya mbere igiye kuyoborwa n’umugore mu myaka 60 imaze
ishinzwe.
Ni intambwe yishimiwe n’abanyamuryango kuko
bagaragaje ko Chorale de Kigali irimo abagore bashoboye kandi bafite umuhate wo
kubaka umuryango.
Mu bandi
bagize Komite Nyobozi harimo Rukundo Charles Lwanga watorewe kuba Visi Perezida
ndetse na Shingiro Laurent watorewe kuba Umunyamabanga.
Rugwizangoga
ugiye kuyobora Chorale de Kigali, ni umubyeyi w’abana batatu akaba afite
impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu ikoranabuhanga mu
by’ubuvuzi. Amaze imyaka 13 muri Chorale de Kigali.
Mu nzego
z’umuryango kandi hanongewemo Komisiyo zirindwi zashyizweho mu rwego rwo kunoza
imiyoborere y’umuryango.
Buri
komisiyo ifite Umuyobozi, na we akazashyiraho abazamufasha kuzuza inshingano
yahawe.
Abo ni
Dr. Karangwa Innocemt ukuriye komisiyo ishinzwe iby’umuziki, Mberabagabo
Emmanuel ushinzw iy’imyitwarire myiza n’ubuzima bwa Roho, Turayishimye Leandre
ukuriye Komisiyo ishinzwe umutungo na Uwiragiye Vestine akuriye ishinzwe
imibanire myiza y’abanyamuryango.
Hari
kandi Ishimwe Belyse ukuriye komisiyo ishinzwe gutegura no gucunga ibikorwa
n’ibirori, Ntakibazo Elie akuriye ishinzwe ihanahanamakuru na Kalinganire
Phocas ushinzwe ubufatanye no gushaka umutungo.
Izindi
nzego zatowe ni abagize akanama nkemurampaka, abagenzuzi b’umutungo n’inama
ngishwanama igizwe n’abayoboye umuryango ku rwego rwa Perezida bakiri
abanyamuryango.
Aya
matora akozwe mu gihe uyu mwaka Chorale de Kigali iri kwizihiza imyaka 60 imaze
ishinzwe.