Nyuma y’igitaramo cyiza cyabereye mu karere
ka Nyanza Ubutwari Tour Concerts 2026 yakomereje mu karere ka Nyagatare muri iki
cyumweru dusoje, aho abahanzi barimo Mariya Yohana, Muyango n’umukirigita nanga
Nzayisenga Sophie batanze ibyishimo ku baturage bo muri ako karere.
Ibi bitaramo bizenguruka intara zose z’u Rwanda byateguwe na
Karisimbi Events ku bufatanye na Transparency International Rwanda, RDF na
Banki ya Kigali.
Mu karere ka Nyagatare byari umwihariko kuko mbere y’uko
igitaramo gitangira habanje kuba umukino wahuje umurenge wa Nyagatare na Rukomo
mu irushanwa umurenge Kagame Cup. Uyu mukino warangiye Nyagatare itsinze.
Mu ijambo ry’ikaze Visi Mayor ushinzwe iterambere ry’ubukungu
Matsiko Gonzague yavuze ko iki gitaramo bamaze igihe bagitegura kuko n’ubundi
baba bari mu cyumweru cy’umunsi Abanyarwanda bizihiza ku ‘Intwari z’u Rwanda.’
Yagize ati “Nyagatare ni akarere
kabitse amateka akomeye y’Inkotanyi kuko ari amarembo yo kubohora igihugu
cyacu. Turabizi ko Perezida yahabaye ayoboye urugamba aho ubutaka bwa mbere
inkotanyi zabonye zikavuga ngo ni ubutaka bwacu buri mu karere kacu aho bakunze
kwita sentimetero. Hari imisozi itandukanye ifite amateka abato nabo bakeneye
kumenya kuko n’ubu hari ibyiza byinshi.”
Yagarutse ku misozi ibitse amateka muri Nyagatare harimo iyitwa
‘i Gikoba ahari indaki ya Perezida, Shonga, Mabare, Bushara, Kabuga,
Nyirabihara’ Tabagwe n’ahandi henshi muri kariya karere
Lt Colonel Rwigema Lambert wari uhagarariye ingabo z’u Rwanda
kuri uwo muri icyo gitaramo yavuze ko
bikwiye ko twajya dusubiza amaso inyuma tukaganira ku mateka yacu.
ati “Abakuru barayazi ariko urubyiruko
nabo barabikeneye, bagasobanukirwa aho igihugu cyavuye naho kiri kwerekeza.
Amateka atubwira ko umuco wo kugira ubutwari ku banyarwanda atari ibya none,
Kuko no ku bwami barindaga ubusugire bw’igihugu no ku cyagura, ahanini
byagaragariraga ku rugamba abitwaye neza bakambikwa imidali.”
“Abana bari hano Ni byiza ko mwigira ku
babyeyi na bakuru banyu kugirango igihugu gikomeze gutera imbere.”
Mu gusoza ijambo hakurikiyeho umwanya wo gutaramo ku bahanzi
batandukanye bari batumiwe.
Uwabimburiye abandi ni uwitwa Samora
Michel (SMS) waririmbye indirimbo zitandukanye harimo niyo yakoranye na Mariya
Yohana.
Nzayisenga Sophie uzwiho ubuhanga mu gukirigita inanga niwe
wakurikiyeho. Yabwiye abaturage ba Nyagatare ko yishimiye kuba ahacurangiye
abasaba ko bamufasha nabo bakwakirana ikaze bakamufasha gucinya umudiho.
Muyango n’itsinda ry’ababinnyi yari yazanye nibo bakurikiyeho,
akigera ku rubyiniro abantu bose bahise bahaguruka haba ku banyeshuri
n’abayobozi byagaragaraga ko bazi indirimbo ze.
Mariya Yohana wari utegerejwe na benshi niwe muhanzi wasoje
kuririmba, mbere y’uko atangira yabanje afata ijambo asaba ko abantu bose
bahaguruka bagafata umunota umwe wo kwibuka intwari zitangiye igihugu.
Yatangiye kuririmba abantu baramwishimira cyane ariko bakajya
banyuzamo bakamusaba ko yabaririmbira indirimbo yitwa ‘Intsinzi’ yaje
kubahiriza ibyifuzo by’abakunzi be ubundi bacinya akadiho kugeza izuba rirenze.
Nyuma y’igitaramo cya Nyagatare ibitaramo byakomereje mu
karere ka Musanze aho abitabiriye babashije kuganirizzwa ku mateka
yaranze inkotanyi na Mayor w’akarere ka Musanze
ndetse n’uhagarariye ingabo .
Biteganyijwe y’uko ibitaramo by’Ubutwari Tours bizakomereza mu karere ka Rubavu tariki ya 30 na 31 Mutarama I Kigali