Nishimwe
Naomie Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, yahaye gasopo abakoresha imbuga nkoranyambaga
bamwibasira ku buzima bwe bwite bamubaza impamvu atarabyara.
Ni ubutumwa
yasangije yifashishije urubuga rwa X ubwo yasubizaga umunyamakuru uzwi ku izina
rya Edman Ishimwe wasangije amafoto ya Miss Naomie kuri X, ayaherekeresha
amagambo agira ati” Umwaka urahise nundi uratashye, Miss Naomie akoze ubukwe,
ariko ntakanunu ko gusama.”
Ni ubutumwa
butakiriwe neza n’abazi Miss Naomie bakoresha urubuga rwa X, bagaragaje ko uyu
musore yarengere ndetse ari ukwinjira mu buzima bwite bw’uyu mukobwa.
Nishimwe
Naomie nawe utajya aripfana yaje gusubiza kuri ubu butumwa yifashishije urubuga
rwa X.
Ati” Ninde
wagushize gukurikirana ubuzima bwange? Inda yanjye (gutwita kwange) ntabwo ari
umushinga rusange.”
Miss
Nishimwe yarushinze n’umugabo we Michael Tesfay mu Kuboza 2024, ndetse mu mpera
za 2025, aba bombi bijihije umwaka bamaze barushinje.
Mu butumwa
Naomie yacishije ku mbuga nkoranyambaga icyo gihe yavugaga ko yasenze asaba
Imana umuntu uzamukunda urudashira, maze ikamuha Michael Tesfay asobanura
nk’umugabo udasanzwe.
Yakomeje
avuga ko anejejwe no kuba aba bombi bamaze umwaka baseseranye imbere
y’amategeko, aboneraho gushimira Tesfay kubwo kumugirira icyizere akamugira
umufasha we.
Mu gitabo
Naomie aherutse gushyira hanze yise ‘More than a Crown’ yahishuyemo urugendo
rukomereye ubuzima bwe yanyuzemo ubwo inda yari atwite yavagamo ibizwi nka
‘Miscarrage’.
Muri iki
gitabo avuga ko yahisemo gusangiza amakuru y’uru rugendo yanyuzemo, kugirango
ahumurize n’abandi bagore banyura mu bihe nk’ibyo.
Ati” Nanjye
byambayeho. Inshuti, abo mu muryango, ndetse n’abo twari tuziranye, bose bafite
inkuru zabo bwite. Bamwe muri bo hari abo babiganirije, abandi babinyuramo
bigunze. Urugero ni inshuti yanjye dusengana, wahuye n’ibibazo byo kuvamo
kw’inda inshuro eshatu mbere y’uko yibaruka umukobwa.”
kuri uyu
munsi umwaka urengaho iminsi micye ukaba ushize bahanye isezerano ryo kubana
akaramata.
Mu gitabo
“More than a crown” Naomi Nishimwe aheruka kwandika, ku ipaji ya 169 agaruka ku
buryo we n’umugabo we Michael Tesfay bagize ibyago inda ya Nishimwe Naomi
ikavamo mu buryo butunguranye.