• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzikazi  Bwiza  Emerence  ukomeje kugaragaraza ubuhanga  yatangaje ko ari mu myiteguro yo kumurika Album ye ya Gatatu yise “Home”, mu bitaramo bikomeye azakorera hirya no hino ku isi, birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, i Burayi, Afurika n’ahandi.

Uhujimfura Claude, umujyanama wa Bwiza, mu  kiganiro  n’umunyamakuru wa BTN RWANDA  ko Album ya gatatu imaze kurangira neza, ati "Indirimbo zose zigize iyi Album zarakozwe kandi zararangiye. Ibitaramo tugiye gukora ku Migabane itandukanye bigamije kuyimenyekanisha, ariko kandi ni uburyo bwo gushimira abakunzi bacu no kubataramiriza hirya no hino ku isi."

Bwiza yageze ku bakunzi be muri 2025, ubwo yasohoraga Album ye ya kabiri yise “25 Shades”, ayimurikira mu gitaramo gikomeye yabereye mu Bubiligi. Mbere y’aho, yari yarasohoye Album ye ya mbere yise “My Dreams”.

Uyu muhanzikazi yise uruhererekane rw’ibitaramo azajya akorera ku migabane itandukanye “Bwiza Home World Tour 2026.” Mu butumwa yashyize kuri konti ye ya Instagram ku wa Kabiri, tariki 26 Mutarama 2026, Bwiza yanditse ati:

Mu myaka itanu ishize ari mu muziki, umuhanzikazi Bwiza yagaragaje ko ari umwe mu bahanzi bakomeye b’Abanyarwanda bafite intego yo kumenyekanisha umuziki ku rwego mpuzamahanga.

Yasohoye Album eshatu zigaragaza urugendo rwe: “My Dreams”, “25 Shades” yamurikiye mu Bubiligi, n’iyo yise “Home” igiye gukorerwa ibitaramo ku Migabane yose mu rwego rwo gusangiza abakunzi be indirimbo nshya.

Mu myaka 5 ishize, yagaragaje ubushobozi bwo guhuza umuziki n’abafana no gukorana n’abahanzi batandukanye, akomeza kwiyubaka nk’umuhanzi w’umwuga.

Uretse ibyo, yagiye anakoresha imbuga nkoranyambaga kumenyekanisha indirimbo ze, Album nshya n’ibitaramo, agaragaza ko afite gahunda ihamye yo gusakaza umuziki we ku isi yose.

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments