Umuhanzi Itahiwacu
Bruce uzwi nka Bruce Melodie nyuma yaho atangiriye urugendo
rwo kumenyekanisha indirimbo ye Pom Pom yakoranye na Diamond Platnumz muri Kenya, ubu uyu muhanzi yakomereje mu gihugu cya Tanzaniya
aho ateganya kuzahura n’abantu benshi bafite aho bahuriye n’umuziki muri icyo gihugu
Ni urugendo
ruteganyijwe kumara iminsi itatu, aho Bruce Melodie azazenguruka radiyo
zikomeye kandi zikunzwe cyane muri Tanzania, zirimo izifite ijambo rikomeye mu
guteza imbere umuziki no gutuma indirimbo zigera kure. Muri izo radiyo,
biteganyijwe ko azatangaho ibiganiro, agasobanura umushinga wa “Pom Pom”, uko
yakoranye na Diamond Platnumz ndetse n’icyerekezo cye mu muziki wo ku rwego
mpuzamahanga.
Uretse
ibikorwa byo muri radiyo, Bruce Melodie azahura n’abahanzi batandukanye bo muri
Tanzania barimo Diamond Platnumz, bafitanye umubano wihariye binyuze muri iyi
ndirimbo. Ibi biganiro biteganyijwe ko bizanaganirwamo ku mishinga y’ahazaza
ishobora kongera guhuza u Rwanda na Tanzania mu muziki.
Azanahura
kandi n’ababyinnyi b’abanyempano bo muri Tanzania, bazwi cyane ku mbuga
nkoranyambaga, ndetse n’abakoresha izo mbuga bafite abakurikira benshi. Intego
ni ugufatanya mu gukora amashusho, challenges n’ibindi bikorwa bigamije
kurushaho gusakaza “Pom Pom” ku mbuga zitandukanye zirimo TikTok, Instagram na
YouTube.
Ibi byose
byerekana ko Bruce Melodie akomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere umuziki
nyarwanda, awugeza ku rwego rwo guhatana ku isoko mpuzamahanga, binyuze mu
bufatanye n’ibyamamare byo mu Karere.