• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanga mu bijyane n imideli akaba n’umugore w’icyitegererezo mu rwego rw’imideli ku rwego mpuzamahanga, Victoria Beckham, yaciye amarenga ku mugaragaro bwa mbere ku bibazo bikomeje kuvugwa mu muryango we, nyuma y’amagambo akakaye yashyizwe ku rubuga rwa Instagram n’umuhungu we Brooklyn Beckham.

Victoria Beckham yabitangaje mu ruhame ubwo yari yitabiriye ibihembo by’imideli byabereye mu Bufaransa, mu gihe cya Paris Fashion Week, aho yari yitabiriye nk’umwe mu bantu bakomeye mu ruganda rw’imideli ku Isi. Ibi byabaye mu gihe umuryango w’aba Beckham ukomeje kwibazwaho cyane n’itangazamakuru ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga.

Nubwo Victoria atigeze yinjira mu bisobanuro birambuye ku byanditswe bya Brooklyn, amagambo ye yafashwe nk’uburyo bwo kugaragaza ko umuryango ukomeje guhura n’ibihe bigoye, ariko ukagerageza kubyitwaramo mu bwitonzi no mu bwubahane.

Amagambo ya Brooklyn aherutse gutangaza kuri Instagram yatumye benshi batekereza ko hari umwuka mubi uri hagati ye n’ababyeyi be, ibintu byahise bikurura impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu binyamakuru mpuzamahanga by’imyidagaduro.

Abasesenguzi mu by’imyidagaduro bavuga ko kuba Victoria Beckham yahisemo kuvuga bwa mbere mu ruhame, kandi mu gikorwa gikomeye nk’icya Paris Fashion Week, byerekana uburyo ashaka guhuza umwuga we n’ubuzima bwite bwe atabangamiye isura ye mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe umuryango Beckham ukomeje gukurikirwa n’itangazamakuru, abakunzi babo benshi bagaragaje icyizere ko ibi bibazo bizakemuka mu buryo bwiza, bagasaba ko ubuzima bwite bw’umuryango bwubahirizwa, cyane cyane hagendewe ku ngaruka imbuga nkoranyambaga zigira ku mibanire y’abantu b’ibyamamare.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments