• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umunyamerika uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yasoje ku mugaragaro urugendo rwe rw’iminsi 28 yise “Speed Does Africa”, aho yazengurutse ibihugu 20 bya Afurika, birimo Nigeria, Ghana na Afurika y’Epfo, mu rugendo rwasize inkuru ikomeye mu itangazamakuru mpuzamahanga.

Muri uru rugendo, IShowSpeed yagaragaje ubwiza n’ubutandukanye bw’umuco nyafurika, agaragaza ubuzima busanzwe bw’abaturage, imijyi iri gutera imbere n’ikoranabuhanga riri kuzamuka, ibintu byatumye benshi bahindura imyumvire bari bafite ku mugabane wa Afurika.

Mu gihe yari mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, IShowSpeed yahageze agira ishema rikomeye ryo kugeza ku bafatabuguzi (subscribers) miliyoni 50 ku rubuga rwe rwa YouTube, bikaba byarafashwe nk’intsinzi ikomeye mu mwuga we wo gutambutsa ibiganiro kuri murandasi.

Abasesenguzi mu by’imyidagaduro bavuga ko uru rugendo rwabaye ikiraro gikomeye gihuje abarebera bo mu Burayi n’Amerika n’ukuri kwa Afurika ya none, itandukanye n’iyo benshi bamenyereye kuyivugaho mu itangazamakuru ryo hambere.

Abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bo muri Afurika bashimiye IShowSpeed ku kwerekana isura nyayo ya Afurika, bavuga ko yafashije guhindura imyumvire itari yo abantu benshi bari bafite ku mugabane wabo.

Uru rugendo rufatwa nk’urundi rwego rushya mu gukoresha imbuga nkoranyambaga mu guhuza imico, gusangiza ubunararibonye no guhindura imyumvire y’Isi, bikagaragaza ko Afurika igenda irushaho kugaragara nk’igice cy’Isi gifite amahirwe menshi n’ahazaza heza.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments