• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzikazi  w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana akaba n’umwanditsi w’ibitabo  ndetse n’umurezi  muri  Busy BeesFoundation School  ,Furaha  Berthe yatangaje ko ari mu myiteguro  y’igitaramo  cyo gushima Imana yise “Himbazwa Concert .

Uyu muramyi yatangiye  ubuhanzi bwe mu mwaka  wa 2017  akaba yaramenyekanye cyane  binyuze mu ndirimbo  ziri kuri alubum yise  yise Asante igizwe n’indirimbo nyinshi zo  gushima Imana

Furaha  ni umubyeyi ukunda  Imana n’abantu  ariko akaba ashimishwa bikomeye  no  kugira  ubutumwa bwiza atanga abinyujije mu ndirimbo zihimbaza Imana .

Uyu muhanzikazi  ukorera  umurimo we wo kuramya no guhimbaza mu Itorero  ry’Abadivantiste b’Umunsi wa  7ashimangira ko iteka yifuza  gususurutsa abantu no gutambutsa ubutumwa bwiza bw’Imana binyuze  mu ndirimbo

Yamamaye  mu ndirimbo nka Asante,HUmura ,Nitakwenda,Ntabwo tureshya  n’izindi  nyinshi zitandukanye.

Furaha Berthe  niwe washinze Ishuri Busy Bees Foundation School akaba ari nawe Muyobozi Mukuru waryo yakomeje avuga  ko ibikorwa bye birimo Uburezi n’ubwanditsi abigezwaho n’Imbaraga n’ubuntu bw’Imana

Mu butumwa uyu muramyi akomeje gusangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye  akomeje guteguza abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza  kuzitabira  igitaramo ari gutegura cyo kuramya no gushima ateganya gukora  yise  Himbazwa Concert kizaba  tariki ya 14 Werirwe 2026 I Remera kuri Kigali Bilingual Church aho azifatanya n’abandi bakozi b’Imana n’abaramyi batandukanye azagenda atangaza mu minsi iri Imbere .

Yasoje  asaba abakunzi be  gukomeza kumushyigikira mu masengesho aho yagize ati “Abakunzi banjye  ndabakunda  kandi  iteka mbasabira imigisha myinshi y’Imana  

 

https://youtu.be/niZ8EYYN-U8?si=h0vE49CP9AnA9kXI

https://youtu.be/itvfMS5OD_o?si=Tcs-y_zdIXjdwDfj

https://youtu.be/Q0ri26R1X_Y?si=S_qToFMA3Q-60oNl








 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments