• Imyidagaduro / IBITARAMO

 Umuhanzi w’umunyamerika Chris Brown yitabye urukiko rw’i London ku wa Gatatu mu rubanza , mu gihe ategereje ko urubanza rwe ruburanishwa mu mizi  mu mpera z’uyu mwaka, aho ashinjwa gukubita no gukomeretsa producer w’umuziki mu kabyiniro kamwe kari i London ibyo  yari yahasohokeye .

Mu mwaka ushize, Chris Brown yahakanye icyaha cyo kugerageza gutera umuntu igikomere gikomeye cyane, anahakana n’ikindi cyaha kitaremereye cyane cyo gukubita umuntu bikamuviramo igikomere gifatika, ibyo byaha byombi aregwa byabaye muri  2023.

Abashinjacyaha bavuga ko ibyo byabaye ari igitero cyabaye nta mpamvu, aho bavuga ko yakoresheje icupa mu gukomeretsa uwo mu producer

Uyu muhanzi w’imyaka 36 yitabye urukiko rwa Southwark Crown Court i London ku wa Gatatu, avuga amagambo make aho  yari ahamagawe ngo avuge imyirondore ye .

Chris Brown yinjiye mu cyicaro cy’abaregwa maze asuhuzanya na mugenzi we bareganwa Omololu Akinlolu, w’imyaka 39, na we wahakanye ibyaha aregwa. Abantu bagera hafi ku icumi n’abiri bari bamuherekeje  bari bicaye mu myanya y’abakurikirana  urubanze  bagomba kwicara inyuma yabo

Urubanza rw’aba bombi ruteganyijwe kuburanishwa  mu miz mu ukwakira ,aho aba  bombi bemerewe kuburana bari  hanze by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate  mu gihe hategerejwe indi nama ibanziriza urubanza iteganyijwe mu mata

Chris Brown, wegukanye ibihembo Grammy inshuro ebyiri kandi uzwi ku ndirimbo zakunzwe nka “Loyal”, “Run It” na “Under the Influence”, yatanze  ingwate muri Gicurasi  nyuma yo kwishyura miliyoni 5 z’ama-pound (£5 million), angana na miliyoni 6.89 z’amadolari ya Amerika, kugira ngo abashe gukomeza  urugendo rwe rw’ibitaramo rwa “Breezy Bowl XX”, rwarangiye mu kwakira umwaka ushize .

Uyu muhanzi wa R&B yafatiwe muri hoteli iri mu mujyi wa Manchester, mu majyaruguru y’u Bwongereza, mu mwaka ushize, nyuma yo gusubira mu Bwongereza bwa mbere kuva aho ibyo aregwa byabereye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments