• Imyidagaduro / ABAHANZI


Kuri uyu wa 31 Mutarama 2026, Agiraneza Pacifique, wamamaye nka AG Promoter, yakoze ubukwe na Mukobwajana Asifiwe, uzwi nka Micky, mu birori byabimburiwe n’umuhango wo gusaba no gukwa.

Ubukwe bwabereye mu ihema ry’ibirori ryubatse mu busitani bwa “Romantic Garden” ku Gisozi, aho byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro y’u Rwanda. Imihango yose yayobowe na Imenagitero na Bamenya, abarimo n’abakora muri sinema y’u Rwanda, mu gihe Victor Rukotana ariwe wasohoye umugeni.

Nyuma y’umuhango wo gusaba no gukwa, AG Promoter na Micky barasezeranye imbere y’Imana, nyuma bakira abatumiwe mu bukwe bwabo.

Ubu bukwe bukurikiye umuhango wo ku wa 27 Ugushyingo 2025, ubwo bari basezeranye imbere y’amategeko ku biro by’Umurenge wa Nyarugenge. Ubwo, ku musozi wa Rebero, AG Promoter yambikiye Micky impeta asaba ko bazarushinga, undi nawe arabimwemerera.

AG Promoter, uzwi cyane mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, yatangiye gukundana na Micky mu 2024. Mu ntangiriro, bombi ntibashakaga kugaragaza urukundo rwabo, ariko uko iminsi yagiye yisunika, bafashe umwanzuro wo gukomeza ubuzima bwabo bw’urukundo.

Urukundo rwabo rwatangiye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane nyuma y’uko Micky atandukanye na Captain Regis, nawe uzwi muri sinema y’u Rwanda, bituma abantu benshi batangira gukurikirana urugendo rwabo rw’urukundo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments