• Amakuru / POLITIKI


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Côte d’Ivoire, Nialé Kaba, yahamagaje Ambasaderi wa Niger i Abidjan, amumenyesha ko igihugu cye cyababajwe bikomeye n’amagambo ya Perezida Abdourahamane Tchiani yibasira Alassane Ouattara.

Mu cyumweru gishize, Gen Tchiani yibasiye bikomeye Ouattara, Perezida w’u Bufaransa n’uwa Bénin, abashinja gushyigikira igitero cy’iterabwoba cyagabwe ku kibuga cy’indege cya Niamey mu rukerera rwa tariki ya 28 Mutarama 2026.

Uyu Mukuru w’Igihugu yakoresheje amagambo y’uburakari, agira ati:  “Tuributsa abaterankunga b’aba bacanshuro, barimo Emmanuel Macron, Patrice Talon na Alassane Ouattara: twumvise bamoka bihagije, bagomba kwitegura kutwumva natwe.”

Nyuma y’inama y’abaminisitiri yabaye tariki ya 4 Gashyantare, Umuvugizi wa Guverinoma ya Côte d’Ivoire, Amadou Coulibaly, yatangaje ko atari ubwa mbere igihugu kiba mu muryango wa AES, kandi ko igihugu cyabo gisaba ko ibyo birego bigaragarizwa ibimenyetso.

Amadou yasobanuye ko igihugu cyabo cyari cyaranze gusubiza ibi bihugu kubera ko bitari byarigeze bishyira mu majwi Perezida Ouattara ariko ko kumuvuga mu mazina byabaye kurenga umurongo utukura.

Yagize ati: “Ibihugu AES byashinjaga Côte d’Ivoire ntibyavugaga izina ry’Umukuru w’Igihugu. Ubwo cyari ikirego rusange ku gihugu cyacu, twumvaga gusubiza bitari ngombwa. Ariko ubu izina ryashyizwemo, turabyamagana, tugira icyo tubikoraho.”

Nyuma yo guhamagaza Ambasaderi, Guverinoma ya Côte d’Ivoire yandikiye iya Niger ibaruwa iyisaba ibisobanuro kuri iki kirego, ariko nta gisubizo irabona.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments