Ikibazo cy’abashaka
ibyangombwa byo gutangiza imishinga itandukanye bakisanga bari gusiragizwa mu
nzego zitandukanye cyane cyane iz’ubuziranenge ni kimwe mu byagarutsweho mu
nama y’Igihugu y’Umushikirano ya 20 yataranye ku munsi wayo wa kabiri.
Ni ikibazo
cyazamuwe na Rwiyemezamirimo wabazaga impamvu abantu bakomeza kuzengurutswa mu
nzego zitandukanye, Mu gutanga umurongo kuri iki kibazo Perezida wa Repubulika
yasabye Minisitiri w’Intebe ko iki kibazo cyahabwa umurongo ntikizongere
kugaruka kuko kimaze igihe kinini.
Uyu Rwiyemezamirimo yagize ati “ Hari ibigo
bimwe na bimwe nka Rwanda FDA, MAGERWA, ndetse na REMA rimwe na rimwe, hari
ikibazo nahuye nacyo kuri bo ubwo nuzuzaga ibisabwa. Iyo ugiye gusaba icyangombwa cyo gukora cyangwa
ikindi cyangombwa baguha urutonde rw’ibisabwa, nafashe icyumweru cyangwa bibiri
nuzuza ibyo bisabwa mbishoje bampa urundi rutonde, ibyo bitwara igihe kinini,
nkibaza impamvu batatangira rimwe urwo rutonde mu gucungura igihe?”
Ibisubizo umukuru w’igihugu n’abandi bafite aho bahuriye n’iki kibazo batanze kuri muri Video ikurikira.