• Amakuru / POLITIKI


Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 45 ishize urugamba rwo kubohora Uganda rutangijwe, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yambitse Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, umudali w’ishimwe kubera uruhare rwe mu bikorwa byo kurinda umutekano w’igihugu no guhangana n’imitwe y’iterabwoba mu karere.

Uyu mudali wahawe Gen Muhoozi ugaragaza ishimwe Leta ya Uganda imuha ku buyobozi yagaragaje mu misiyo itandukanye ya gisirikare, by’umwihariko mu kurwanya umutwe wa Al-Shabaab no mu bikorwa bya gisirikare byabereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Somalia na Sudani y’Epfo.

Ibi birori byabereye i Kabale, bihuzwa n’umunsi uzwi nka “Tarehe Sita”, wizihizwa buri mwaka mu kwibuka tariki ya 6 Gashyantare 1981, umunsi abasirikare 27 bayobowe na Museveni batangirije urugamba rwo kubohora Uganda, batangiza igitero ku kigo cya gisirikare cya Kabamba cyari mu maboko y’ingabo za Milton Obote.

Urwo rugamba rwatumye mu 1986, National Resistance Army (NRA) igera ku ntsinzi, Museveni afata ubutegetsi, hafatwa icyemezo cy’uko uyu munsi uzajya uba umunsi mukuru w’igihugu.

Mu ijambo rye, Museveni yibukije Abanya-Uganda amateka y’uru rugamba, agaragaza ko igihugu cyanyuze mu bihe bikomeye birimo ubwicanyi n’akarengane, by’umwihariko mu 1973 no mu yindi myaka yakurikiyeho, aho yavuze ko hagaragajwe abantu benshi bakundaga igihugu bahitanywe n’ubutegetsi bubi.

Yavuze ko mu rwego rwo kubaha icyubahiro hashyizweho urukuta rwo kubibuka i Kabale, hagamijwe ko amateka atazibagirana, by’umwihariko ku rubyiruko.

Perezida Museveni yashimiye abaturage uruhare bagize mu iterambere ry’igihugu n’uburyo bitabiriye amatora aheruka, ashimangira ko umutekano ari wo musingi w’iterambere rirambye.

Yanagarutse ku Karere ka Kigezi na Kabale, avuga ko ari ahantu hakungahaye ku mutungo kamere, ubuhinzi n’ubukerarugendo, asaba ko ibi bikoreshejwe neza byabyara inganda, serivisi zitandukanye n’imibereho myiza y’abaturage.

Gen Muhoozi Kainerugaba, umwe mu bayoboye ibikorwa bya gisirikare bya Uganda mu karere, azwi cyane nk’umwe mu bateguye “Operation Shujaa” yatangijwe ku wa 30 Ugushyingo 2021, igamije kurwanya umutwe wa ADF mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse no mu bikorwa byo guhangana n’imitwe y’iterabwoba nka Al-Shabaab mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments