• Amakuru / POLITIKI


Ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Goma, kimaze igihe kirenga umwaka kidakoreshwa, kigiye kongera kwakira indege ya mbere y’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 12 Gashyantare 2026, MONUSCO yatangaje ko indege itwaye Umuyobozi wayo w’agateganyo, Vivian van de Perre, ari bwo igiye kugera i Goma. Uru ruzinduko rugamije kuganira n’abafatanyabikorwa ku myiteguro y’ubutumwa bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge.

MONUSCO yagize iti: “Madamu van de Perre aragera ku kibuga cy’indege cya Goma akoresheje indege, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, biraba ari intambwe ikomeye nyuma y’igihe kirekire nta ndege zigera muri uyu mujyi kuva muri Mutarama 2025.”

Uruzinduko rwa Van de Perre rubaye nyuma y’ibiganiro yagiranye na Leta ya RDC, aho MONUSCO yavuze ko igikorwa cyo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge kizashingira ku mwanzuro w’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano, hubahirizwa ubusugire bwa RDC.

Ku wa 10 Gashyantare 2026, Umunyamabanga Mukuru wa Loni wungirije ushinzwe ubutumwa bw’amahoro, Jean-Pierre Lacroix, wari mu ruzinduko muri RDC, yatangaje ko MONUSCO iri kwitegura gutangira kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge muri Teritwari ya Uvira.

Lacroix yasobanuye ko iki gikorwa kizakorwa mu byiciro, aho hazabanza koherezwa indege zikora ubutasi ziva i Goma, mbere yo kohereza abasirikare. Yashimangiye ko umutekano w’ingabo za MONUSCO uzahabwa umwanya wa mbere.

Ikibuga cy’indege cya Goma cyafunzwe muri Mutarama 2025 nyuma y’uko ihuriro AFC/M23 rifashe uyu mujyi. Kuva icyo gihe, Leta ya RDC yari yaratangaje ko nta ndege yemerewe kugwa ku kibuga cya Goma cyangwa kunyura mu kirere cyaho.

Kongera gufungura iki kibuga ku ndege ya MONUSCO bishobora gufatwa nk’intambwe nshya mu myiteguro yo gushyira mu bikorwa agahenge no gucunga umutekano mu Burasirazuba bwa RDC.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments