Ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Goma, kimaze igihe kirenga umwaka kidakoreshwa, kigiye kongera kwakira indege ya mbere y’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 12 Gashyantare
2026, MONUSCO yatangaje ko indege itwaye Umuyobozi wayo w’agateganyo, Vivian
van de Perre, ari bwo igiye kugera i Goma. Uru ruzinduko rugamije kuganira
n’abafatanyabikorwa ku myiteguro y’ubutumwa bwo kugenzura iyubahirizwa
ry’agahenge.
MONUSCO
yagize iti: “Madamu van de Perre aragera ku kibuga cy’indege
cya Goma akoresheje indege, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, biraba ari
intambwe ikomeye nyuma y’igihe kirekire nta ndege zigera muri uyu mujyi kuva
muri Mutarama 2025.”
Uruzinduko
rwa Van de Perre rubaye nyuma y’ibiganiro yagiranye na Leta ya RDC, aho MONUSCO
yavuze ko igikorwa cyo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge kizashingira ku
mwanzuro w’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano, hubahirizwa ubusugire bwa RDC.
Ku
wa 10 Gashyantare 2026, Umunyamabanga Mukuru wa Loni wungirije ushinzwe ubutumwa
bw’amahoro, Jean-Pierre Lacroix, wari mu ruzinduko muri RDC, yatangaje ko
MONUSCO iri kwitegura gutangira kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge muri
Teritwari ya Uvira.
Lacroix
yasobanuye ko iki gikorwa kizakorwa mu byiciro, aho hazabanza koherezwa indege
zikora ubutasi ziva i Goma, mbere yo kohereza abasirikare. Yashimangiye ko
umutekano w’ingabo za MONUSCO uzahabwa umwanya wa mbere.
Ikibuga
cy’indege cya Goma cyafunzwe muri Mutarama 2025 nyuma y’uko ihuriro AFC/M23
rifashe uyu mujyi. Kuva icyo gihe, Leta ya RDC yari yaratangaje ko nta ndege
yemerewe kugwa ku kibuga cya Goma cyangwa kunyura mu kirere cyaho.
Kongera
gufungura iki kibuga ku ndege ya MONUSCO bishobora gufatwa nk’intambwe nshya mu
myiteguro yo gushyira mu bikorwa agahenge no gucunga umutekano mu Burasirazuba
bwa RDC.