• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 Nyuma y’umwaka urenga ikibuga cy’Indege cya Goma gifunze, kuri uyu wa Kane, Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryahaye uburenganzira indege y’Intumwa idasanzwe ya MONUSCO, Vivian van de Perre, ugiye gukurikirana ibikorwa by’ishyirwaho ry’agahenge.

Iki kibuga cyafunzwe muri Mutarama 2025, ubwo umutwe wa AFC/M23 wafataga umujyi wa Goma n’inkengero zawo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano ikomeye yawuhanganishije n’ihuriro ry’ingabo za Leta, FARDC.

Kuva icyo gihe, nticyongeye gukoreshwa bitewe n’umutekano muke wakomeje kurangwa muri ako gace.

Mu biganiro mpuzamahanga byagiye biba hagamijwe gushakira amahoro no kugarura ituze mu Burasirazuba bwa Congo, ikibazo cyo gufungura Ikibuga cy’Indege cya Goma cyagiye kigarukwaho kenshi.

Mu nama yabereye i Paris, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye ko iki kibuga cyafungurwa kugira ngo horoshywe ibikorwa by’ubutabazi n’ibindi bikorwa by’ubufasha mpuzamahanga.

Icyo gihe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko gufungura iki kibuga ari ingingo ikwiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 igenzura ako gace na Leta ya Congo ndetse n’abahuza basanzwe bafasha impande zombi.

Icyo gihe Nduhungirehe yavuze ko u Bufaransa butari mu mwanya mwiza wo kwemeza niba iki kibuga kigomba gufungurwa kuko butari mu bahuza mu bibazo bya RDC

Ubwo Perezida Macron yatangazaga ko ikibuga cy’indege cya Goma kigomba gufungurwa, Umuhuzabikorwa w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yavuze ko nta muntu numwe ufite ubushobozi bwo kugifungura M23 itabigizemo uruhare kuko kiri mu gace igenzura.

Ikibazo cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kandi kiri mu ngingo zikubiye mu masezerano yo gushyiraho agahenge no guhagarika imirwano, yasinywe hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo yasinyiwe i Doha muri Qatar.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, MONUSCO yemeje ko AFC/M23 yemereye indege yari itwaye Vivian van de Perre gukoresha ikirere cya Goma no kugwa kuri icyo kibuga. Uru ruzinduko rugamije gukurikirana aho imyiteguro yo gushyira mu bikorwa no kugenzura agahenge igeze.

AFC/M23 yatangaje ko iki cyemezo kigamije koroshya ibikorwa biganisha ku mahoro arambye no kugaragaza ubushake bwo gushyigikira inzira y’ibiganiro n’agahenge.

Ku ruhande rwa Vivian Van de Perre, uhagarariye by’agateganyo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri MONUSCO, yavuze ko uruzinduko rwe rugamije kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo.

Yongeyeho ko kongera gukoresha Ikibuga cy’Indege cya Goma ari ikimenyetso cyiza cyerekana ko hari intambwe iri guterwa mu gusubiza ibintu ku murongo, cyane cyane mu koroshya ibikorwa bya MONUSCO n’izindi nzego mpuzamahanga zifasha mu kubungabunga amahoro.

Hashingiwe ku myanzuro ya Loni nimero 2808 (2025) y’Inama y’Umutekano, MONUSCO yemerewe ku mugaragaro gutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge, by’umwihariko binyuze mu bufasha bwa tekiniki n’ubw’ibikoresho bizahabwa intumwa z’umuryango wa CIRGL binyuze mu ngabo zihuriweho mu kugenzura (EJVM+).

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments