• Amakuru / POLITIKI


Leta ya Ethiopia yafashe icyemezo cyo kwambura abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru bya Reuters uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu, mu gihe hari impaka zikomeye ku bwisanzure bw’itangazamakuru n’umwuka mubi wa politiki uri mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’inkuru icukumbuye yasohowe na Reuters, ishinja ubutegetsi bwa Ethiopia gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani. Abanyamakuru bari baranemerewe gukurikirana Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yagombaga kubera i Addis Abeba ku wa 14 n’uwa 15 Gashyantare, ariko uruhushya rwabo ruhita ruseswa.

Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko iki kigo kiri gukurikirana iki kibazo, ashimangira ko kizakomeza gutara inkuru mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe.

Inkuru yavugishije benshi yasohotse ku wa 10 Gashyantare, igaragaza ibimenyetso birimo amashusho n’amafoto by’ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya Benishangul-Gumuz, bivugwa ko cyubakiwe abarwanyi ba RSF bayobowe na Gen Hamdan Dagalo. Reuters yatangaje ko bamwe mu bayobozi bakuru muri Ethiopia bemeje ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatanze inkunga yo kubaka icyo kigo no kugitera inkunga y’ibikoresho, ariko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ethiopia yahakanye ayo makuru.

Iki kibazo kije mu gihe umubano hagati ya Ethiopia na Sudani umaze igihe utifashe neza, aho buri ruhande rushinjanya gushyigikira imitwe ihungabanya umutekano w’urundi.

Abasesenguzi bavuga ko kwambura abanyamakuru uburenganzira bwo gukora akazi kabo bishobora gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko hari igitutu ku itangazamakuru mpuzamahanga rikurikirana ibibazo by’umutekano mu karere.

Icyemezo cya Addis Abeba gishobora kugira ingaruka ku buryo itangazamakuru mpuzamahanga rizakomeza gukorera muri Ethiopia, cyane cyane mu gihe igihugu cyitegura kwakira inama zikomeye z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments