Leta ya Ethiopia yafashe icyemezo cyo kwambura abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru bya Reuters uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu, mu gihe hari impaka zikomeye ku bwisanzure bw’itangazamakuru n’umwuka mubi wa politiki uri mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Iki cyemezo gifashwe nyuma y’inkuru icukumbuye yasohowe na Reuters,
ishinja ubutegetsi bwa Ethiopia gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya
Leta ya Sudani. Abanyamakuru bari baranemerewe gukurikirana Inama y’Abakuru
b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yagombaga
kubera i Addis Abeba ku wa 14 n’uwa 15 Gashyantare, ariko uruhushya rwabo
ruhita ruseswa.
Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko iki kigo kiri gukurikirana iki kibazo,
ashimangira ko kizakomeza gutara inkuru mu buryo bwigenga, butabogamye kandi
bwizewe.
Inkuru yavugishije benshi yasohotse ku wa 10 Gashyantare, igaragaza
ibimenyetso birimo amashusho n’amafoto by’ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya
Benishangul-Gumuz, bivugwa ko cyubakiwe abarwanyi ba RSF bayobowe na Gen Hamdan
Dagalo. Reuters yatangaje ko bamwe mu bayobozi bakuru muri Ethiopia bemeje ko
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatanze inkunga yo kubaka icyo kigo no kugitera
inkunga y’ibikoresho, ariko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ethiopia
yahakanye ayo makuru.
Iki kibazo kije mu gihe umubano hagati ya Ethiopia na Sudani umaze igihe
utifashe neza, aho buri ruhande rushinjanya gushyigikira imitwe ihungabanya
umutekano w’urundi.
Abasesenguzi bavuga ko kwambura abanyamakuru uburenganzira bwo gukora
akazi kabo bishobora gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko hari igitutu ku
itangazamakuru mpuzamahanga rikurikirana ibibazo by’umutekano mu karere.
Icyemezo cya Addis Abeba gishobora kugira ingaruka ku buryo
itangazamakuru mpuzamahanga rizakomeza gukorera muri Ethiopia, cyane cyane mu
gihe igihugu cyitegura kwakira inama zikomeye z’Umuryango wa Afurika Yunze
Ubumwe.