Mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abaturage n’abacuruzi barasaba ko umupaka uhuza aka gace n’u Burundi wongera gufungurwa.
Nyuma y’ukwezi umutwe wa AFC/M23 uvuye muri uwo mujyi, urusaku rw’amasasu rwarahagaze, ariko umupaka uracyafunze. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yibukije ko ibisabwa mu by’umutekano bitaruzura kugira ngo umupaka wongere gufungurwa. Ku ruhande rw’imbere mu gihugu, Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo yahuye n’igitutu cy’abaturage batihangana kandi bafite impungenge.
Ku muryango
winjira ku isoko rya Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi
ya Congo , Umucuruzi umwe yegereye Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo
aramubwira ati: “Fungura umupaka.” Ibi yabivuze ari imbere y’amasoko agaragaza
ibicuruzwa bike cyane. Kuva umupaka ufunzwe na Bujumbura, ubukungu bw’aho
bwadindijwe cyane.
Undi mugore
na we yegereye Guverineri amusaba ubufasha. Avuga ko abo mu muryango we bahunze
ubwo AFC/M23 yageraga muri ako gace, kandi ko bakiri ku ruhande rw’u Burundi
badafite uko bagaruka. Yagize ati: “Abana benshi bariyo, ndetse n’abagize
itorero bose bariyo. Harimo abana banjye n’abana ba marume wanjye.”
“Kumva
ntacyo ushobora gukora imbere y’aya makuba”
Guverineri
Jean-Jacques Purusi yumvise ibyo abaturage bavuga, agaragaza ko na we abyumva
kandi bimubabaza. Yavuze ko hari “kumva ntacyo ushobora gukora imbere y’aya
makuba. Twifuzaga ko intara n’umupaka byafungurwa vuba bishoboka. Ariko hari
n’ibijyanye n’umutekano bigomba kwitabwaho, hashingiwe ku bihe ibihugu byombi
birimo. Mugomba kumenya ko umwanzi atari kure cyane. Ari i Sange, ku bilometero
30, no mu misozi iri hafi, ari nko ku bilometero 15 uvuye hano.”
Ariko ku
rundi ruhande, bamwe mu baturage ntibagishoboye gutegereza. Raphaël w’imyaka 19
yahunze inkambi y’impunzi ya Busuma. Yagize ati: “Hariyo ubukene bwinshi
n’imibabaro myinshi. Hari n’ikibazo gikomeye cy’amazi.”
Yambutse
ikiyaga cya Tanganyika nijoro akoresheje ubwato bwa gakondo ashyira ubuzima bwe
mu kaga. Ati: “Twari turi batatu, ariko abavandimwe banjye basigaye i Gatumba
kuko bafashwe.”
Iruhande
rwe, undi mugabo na we yavuze uko yambutse rwihishwa, yifashishije akajerikani kugira ngo atarohama. Batangiye urugendo
ari 14, ariko babiri ntibigeze bagera ku nkombe.