• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abaturage n’abacuruzi barasaba ko umupaka uhuza aka gace n’u Burundi wongera gufungurwa.

Nyuma y’ukwezi umutwe wa AFC/M23 uvuye muri uwo mujyi, urusaku rw’amasasu rwarahagaze, ariko umupaka uracyafunze. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yibukije ko ibisabwa mu by’umutekano bitaruzura kugira ngo umupaka wongere gufungurwa. Ku ruhande rw’imbere mu gihugu, Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo yahuye n’igitutu cy’abaturage batihangana kandi bafite impungenge.

Ku muryango winjira ku isoko rya Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , Umucuruzi umwe yegereye Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo aramubwira ati: “Fungura umupaka.” Ibi yabivuze ari imbere y’amasoko agaragaza ibicuruzwa bike cyane. Kuva umupaka ufunzwe na Bujumbura, ubukungu bw’aho bwadindijwe cyane.

Undi mugore na we yegereye Guverineri amusaba ubufasha. Avuga ko abo mu muryango we bahunze ubwo AFC/M23 yageraga muri ako gace, kandi ko bakiri ku ruhande rw’u Burundi badafite uko bagaruka. Yagize ati: “Abana benshi bariyo, ndetse n’abagize itorero bose bariyo. Harimo abana banjye n’abana ba marume wanjye.”

“Kumva ntacyo ushobora gukora imbere y’aya makuba”

Guverineri Jean-Jacques Purusi yumvise ibyo abaturage bavuga, agaragaza ko na we abyumva kandi bimubabaza. Yavuze ko hari “kumva ntacyo ushobora gukora imbere y’aya makuba. Twifuzaga ko intara n’umupaka byafungurwa vuba bishoboka. Ariko hari n’ibijyanye n’umutekano bigomba kwitabwaho, hashingiwe ku bihe ibihugu byombi birimo. Mugomba kumenya ko umwanzi atari kure cyane. Ari i Sange, ku bilometero 30, no mu misozi iri hafi, ari nko ku bilometero 15 uvuye hano.”

Ariko ku rundi ruhande, bamwe mu baturage ntibagishoboye gutegereza. Raphaël w’imyaka 19 yahunze inkambi y’impunzi ya Busuma. Yagize ati: “Hariyo ubukene bwinshi n’imibabaro myinshi. Hari n’ikibazo gikomeye cy’amazi.”

Yambutse ikiyaga cya Tanganyika nijoro akoresheje ubwato bwa gakondo ashyira ubuzima bwe mu kaga. Ati: “Twari turi batatu, ariko abavandimwe banjye basigaye i Gatumba kuko bafashwe.”

Iruhande rwe, undi mugabo na we yavuze uko yambutse rwihishwa, yifashishije  akajerikani kugira ngo atarohama. Batangiye urugendo ari 14, ariko babiri ntibigeze bagera ku nkombe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments