Abahanzi Kitoko Bibarwa na Muneza Christopher
baraye bahishuye byinshi mu
rugendo rwabo rwa muzika bavuga ibyiza babonye
ndetse ingorane bagiye bahura nazo mu gihe cyose bamaze mu muziki bagira
n’inama abakiri bato bifuza gutera
imbere.
Ibyo byose babigarutsemo mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki
ya 26 Gashyantare 2026, mu kiganiro bagiranye n’abitabiriye igitaramo cya Gen-Z
Comedy cyabereye muri Camp Kigali,
Icyo gitaramo cyaranzwe n’Urwenya rwinshi kabone ko kimaze kumneyekana nk’iseka rusange gitegura na Fally Merci cyari kiyobowe n’umunyarwenya Muhinde benshi mu mpano zakuriye muri Gen nka Kadudu,Rumi ,Lucky baby ,,Keppa na bandi benshi basekeje abari bitabiriye icyo gitaramo karahava .
Igihe cyari
gitegerejwe na benshi ni umwanya wa Meet Me Tonight” aho hari hatumiwe Muneza Christopher na Kitoko Bibarwa.
Christopher
muri icyo kiganiro yahishuye byinshi ku rugendo rwe mu muziki kuva atangiye,
amahirwe yagize yo gukorera muri Kina Music, kwitabira Primus Guma Guma Super
Stars, ndetse n’amasomo yigiye ku rubyiniro mu myaka isaga 15 amaze mu muziki.
Ariko kimwe
mu bibazo byanyuze benshi bari aho ni
ikijyanye n ihangana rikunze kuvugwa hagati ya The Ben na Bruce Melodie,
abahanzi bombi bafite igikundiro gikomeye mu Rwanda no hanze yarwo.
Christopher
ntiyahakanye ko abo bahanzi bakomeye, ariko ashimangira ko atari bo gusa bari
mu muziki nyarwanda.
Yagize ati:
“Navuga ko muribeshya! Iyo ndi kubireba muri kugereranya abantu bamwe bibahuma
amaso ntimubone n’abandi. Umuhanzi nka Sean Brizzy ni umuntu ukomeye cyane,
Mike Kayihura, Andy Bumuntu, Diez Dollana bandi benshi
Yasobanuye ko iyo itangazamakuru n’abakunzi b’umuziki bahugiye ku bantu babiri gusa, bishobora gutuma abandi bahanzi bafite impano n’ibitekerezo bishya batabona urubuga ruhagije.
Christopher
yibukije abakunzi b’umuziki ko bafite uruhare runini mu kuzamura urwego
rw’umuziki nyarwanda, binyuze mu gutega amatwi no gushyigikira abahanzi
batandukanye.
Ati: “Hari
abahanzi benshi dufite beza cyane ku buryo mukwiye gufunguka amaso. Nimureke
kwita ku bintu abanyamakuru babashyize imbere, mugerageze murebe kure, muhe
amahirwe n’abandi bahanzi.”
Aya magambo ye asa n’ahamagara impinduka mu mitekerereze, aho aho kwibanda ku makuru ashyira imbere ihangana, abantu bagashyira imbere ubuhanga, indirimbo nziza n’udushya tw’abahanzi batandukanye.
Ku ruhande
rwa Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 10 ari mu gihugu cy’u Bwongereza
yagaragaje ishusho yasanganye umuziki nyarwanda nyuma yo kugaruka mu Rwanda,
kuhakomereza ubuzima nyuma kurangiza amasomo, avuga ko yasanze abahanga
bariyongereye.
Uyu muhanzi
umaze imyaka irenga 15 akora umuziki yagaragaje ko ku gihe cyabo batangira
umuziki, byabaga bigoye ariko ubu ishusho yabonye mu muziki w’u Rwanda nyuma
y’uko atashye igaragaza ko wateye imbere.
Yagize ati: “Abahanga babaye benshi, uburyo bwo gutunganya imiziki bwarazamutse abaturage bakunda banashyigikira umuziki, ibintu byabaye byiza cyane ugereranyije na mbere.”
Kitoko
akomeza avuga ko kugeza ubu amaze guhura n’abatunganya umuziki (Producers)
benshi ariko yishimiye cyane ubuhanga bwabo, by’umwihariko ashima ubuhanga bwa
Element, ubifatanya no kuririmba.
Ati:
“Abatunganya umuziki hafi ya bose baranyemeje muri iyi minsi, kugeza ubu maze
guhura n’abatandukanye umushya mu bo maze guhura na bo ni Loader ari na we
wankoreye indirimbo nshyashya ariko n’abandi ndabakurikira. Element ni umuhanga
cyane haba mu kuririmba no mu gutunganya umuziki.”
Kitoko avuga
ko ku gihe cyabo batangira umuziki byagoranaga cyane gukora igihangano kugeza
kigeze ku bantu benshi ariko kuri ubu bafite impano bazamuka vuba bitewe
n’ikoranabuhanga bityo abakiri bato bafite buri kimwe, ku buryo badakwiye
gutinda gukabya inzozi zabo.