Nyuma yo
gutsindwa amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama 2026, Umuyobozi w’Ishyaka
rirwanya Ubutegetsi muri Uganda – NUP – Robert Kyagulanyi (Bobi Wine),
yatangaje ko we n’umuryango we bamaze guhunga icyo bita “igitutu cy’ubuyobozi
bwa Perezida Museveni“.
Bobi Wine
avuga ko yahunze Igihugu nyuma y’uko inzego z’umutekano zimaze ibyumweru
byinshi zimushakisha ashinjwa guteza umwuka mubi nyuma yo gutsindwa amatora
akayita igihuha avuga ko ibyavuyemo bitajyanye n’ubushake bw’abaturage.
Muri ayo
matora, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatsinze n’amajwi 71,6% mu gihe Bobi
Wine yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 24,72 gusa.
Hari hashize
ibyumweru byinshi irengero rya Bobi Wine ritazwi, aho bamwe mu bamushyigikiye
bavugaga ko ashobora kuba yaranyerejwe n’ubuyobozi bwa Uganda.
Mu gihe yari
yaraburiwe irengero, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF) Muhoozi
Kainerugaba, yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko agize amahirwe yakwifatira
Bobi Wine, bisobanurwa mu bamukurikira nk’ibikangisho bikomeye kuri uyu muhanzi
waje kuvamo ijwi rikomeye rirwanya Leta ya Uganda.
Mu gihe
abantu bari bacyibaza aho aherereye, Bobi Wine yatangaje ubutumwa mu buryo
bw’amashusho avuga ko yageze ku ntsinzi yo kuva muri Uganda aho agiye mu zindi
gahunda z’ingenzi mu mahanga. Yahamije ko azagaruka igihe azabona hari uburyo
bumworohereza gukomeza ibyo yita urugamba rwo guharanira demokarasi ndetse
n’ubwisanzure bwa Politiki.
Yashimye
abaturage ba Uganda bamuhishe bakanamurinda igihe inzego z’umutekano zarimo
zimushakisha hasi no hejuru. Mu gihe cyo kwiyamamaza, bivugwa ko Bobi Wine
yabonye abamushyigikira benshi mu rubyiruko rwo mu mijyi by’umwihariko, bituma
aza imbere mu bahanganye na Perezida Museveni.
Biteganyijwe
ko Perezida Museveni w’imyaka 81 y’amavuko azarahirira gukomeza kuyobora Uganda
muri Gicurasi 2026, aho azakomeza manda ya 7 anegereza kumara igice cy’ikinyejana
ku buyobozi.
Umubare
munini w’abaturage ba Uganda ugaragaza ko ukinyuzwe n’ubushobozi bwe ndetse
n’ubwenge adahwema kugaragaza mu miyoborere, aho yabaye umusemburo w’amahoro mu
gihugu no mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Bamushimira
kandi ko kuva yafata ubutegetsi mu mwaka wa 1986, Uganda yarushijeho gutera
imbere mu nzego zitandukanye kugeza n’uyu munsi.
Gusa
abatavuga rumwe na we bamushinja ko yashenye inzego za demokarasi ndetse
akaniga ubwisanzure bwa Politiki.
Like This Post? Related Posts