Umunyarwenya
Clapton Kibonge, n’umugore we Ntambara Mutoni Jackie berekanywe mu rusengero
nk’umuryango ugiye gutera indi ntambwe.
Uyu muhango
wabaye ku Cyumweru, tariki ya 15 Werurwe 2026, mu rusengero rwa Healing Center
Church ruherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali, aho basabiwe umugisha
n’iteraniro ndetse berekanwa nk’umuryango ugiye gukomeza kubana mu buryo
bwemewe n’Imana
Clapton
Kibonge na Ntambara Jacky berekanywe ku mugaragaro mu rusengero mu gihe ,
tariki ya 21 Gashyantare 2026, Kibonge yambitse impeta y’urukundo umugore we
Ntambara Jackie bamaze imyaka 8 babana nk’umugabo n’umugore, amusaba gukomeza
kumubera umugore undi na we arabyemera.
Aba bombi
bakaba bageze kure imyiteguro y’ubukwe bwabo buteganyijwe kubera i Nyagatare
tariki ya 04 Mata 2026.
Clapton na
Ntambara Jacky basezeranye imbere y’amategeko, tariki ya 18 Ukwakira 2018, mu
murenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro , nyuma yaho mu Ukuboza 2018 aba bombi
bibarutse imfura yabo,mu gihe muri 2022 babyara ubuheta, nyuma yaho muri 2024
bibaruka umwana wa gatatu wabo.
Nyuma yo
kwerekanwa mu rusengero Clapton yagaragaje ibyishimo byinshi cyane aboneraho
no gutumira inshuti ze mu birori by’ubukw
bwabo