Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byongeye guhanganira mu bice byo mu kibaya cya Ruzizi muri teritwari ya Uvira nyuma y’amezi abiri hari agahenge.
Iyi mirwano ibaye
nyuma y’iminsi ibiri ingabo za RDC, Wazalendo n’indi mitwe bikorana bifunze
umuhanda ’RN5’ uhuza umujyi wa Uvira na Bukavu kubera impamvu ziswe
iz’umutekano.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko guhera mu
masaa kumi n’ebyiri y’igitondo cyo kuri uyu wa 17 Werurwe 2026, ingabo za Leta
ya RDC ziri kurasa ibisasu biremereye mu gace ka Kabunambo, ibyatumye abaturage
benshi bahunga.
Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yatangaje
ko abaturage ba Kabunambo bari batuje, batekanye mu gihe iri huriro
ryahagenzuraga, ariko ko Leta ya RDC yahisemo kubasukamo ibisasu.
Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 yiteguye kurinda abaturage bo muri
Kabunambo ndetse n’imitungo yabo mu gihe Leta ya RDC ikomeje ubu bushotoranyi.
Ibice byo mu kibaya cya Ruzizi byabereyemo imirwano ikomeye mu
ntangiriro z’Ukuboza 2025, biturutse ku bitero ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC
ryagabye mu bice bigenzurwa na AFC/M23 birimo santere ya Kamanyola.
AFC/M23 yakoresheje imbaraga nyinshi mu guhangana n’ingabo za
Leta, izambura ibice byinshi byo muri Uvira birimo n’umujyi wa Uvira, ariko wo
yawuvuyemo hagati muri Mutarama 2026 kugira ngo ibiganiro by’amahoro
bisubukurwe.
Leta ya RDC igisubira muri uyu mujyi, yagaragaje ko izatuza mu
gihe izaba yisubije ibice byose bigenzurwa na AFC/M23 birimo umujyi wa Bukavu,
Goma kugeza kuri Bunagana yafashwe muri Kamena 2022.
Ibitero bikomeye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zakomeje
kugaba muri komini Minembwe no mu bice bihana imbibi byagaragaje ko koko ifite
umugambi wo gukomeza intambara mu bice bigenzurwa na AFC.
Mu rukerera rwo ku wa 24 Gashyantare, ingabo za Leta ya RDC
zagabye igitero cya drones kuri AFC/M23 hafi ya santere ya Rubaya, yica uwari
Umuvugizi wayo mu rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma.
Tariki ya 11 Werurwe, ingabo za Leta ya RDC zagabye igitero cya
drones mu mujyi wa Goma, zica abasivili batatu barimo Umufaransakazi Karine
Buisset wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.
AFC/M23 yatangaje ko kuva mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira uwa 17
Werurwe, ingabo za RDC, iz’u Burundi, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro byongeye
kugaba igitero cya drones muri Minembwe no mu bice bihana imbibi.
Iri huriro ryatangaje ko Leta ya RDC izabazwa amaraso
y’inzirakarengane ikomeje kwica mu gihe umuryango mpuzamahanga ntacyo
ubikoraho.
Like This Post? Related Posts