• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batazishyura ubwisungane mu kwivuza buzwi nka Mutuelle de Santé kubera ko ibyuciro bashyizwemo muri sisiteme imibereho mu mavugurura aheruka gukorwa bitajyanye n'ubushobozi bwabo.

Ubu buryo bushya bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza bugena amafaranga buri rugo rutanga hashingiwe ku rwego rw’imibereho n’ubushobozi bw’amafaranga rufite.

Mbere, abanyamuryango ba Mutuelle de Santé (Mituweli) batangaga 3,000 by’amafaranga y’u Rwanda (Frw) cyangwa 7,000 Frw ku mwaka ku muntu umwe, bitewe n’icyiciro cy’imibereho arimo.

Mu mavugurura mashya, abishyura bagabanyijwemo ibyiciro bitanu (3) hashingiwe ku mafaranga binjiza buri kwezi.

Icyiciro cya mbere: Abadafite amafaranga binjiza bazajya batanga umusanzu w’Amafaranga Ibihumbi bine (4,000 Frw) ku mwaka, ayo yose azishyurwa na Leta. Aba bangana na 7% by’abaturage.

Icyiciro cya kabiri: Abinjiza munsi ya 30,000 Frw ku kwezi bazajya batanga 4.000 Frw, Leta ibunganireho 1.000 Frw. Bakaba bangana na 23%.

Icyiciro cya gatatu: Abinjiza hagati ya 30.000 Frw na 60.000 Frw ku kwezi bazatanga 5,000 Frw nta nkunga ya Leta, bakaba bangana na 35% by’abaturage bose.

Icyiciro cya kane: Abinjiza hagati ya 60,000 Frw na 120,000 Frw ku kwezi bazatanga 8,000 Frw nta nkunga ya Leta, bo bakaba bangana na 27% by’abaturage.

Icyiciro cya gatanu: Abinjiza hejuru ya 120,000 Frw ku kwezi bazatanga 20,000 Frw nta nkunga, bangana na 8% by’abaturage bose.

Abaturage bo mu Karere ka Rubavu baganiriye n'umunyamakuru wa BTN TV, bavuga ko batazishyura amafaranga y'ubwisungane mu kwivuza atari uko batazi akamaro kabwo ahubwo n'uko bashyizwe mu byiciro badafitiye ubushobozi.

Umwe yagize ati:"Niba nari mu cya mbere (icyiciro) nkakora no muri VUP (Umurenge Vision Program) none banankuyemo. Ubwose urumva amafaranga ibihumbi 8.000Frw nayakurahe? Simfite uyantangira none muranshyira ku bihumbi 8,000Frw nayakurahe? Mumvane mu cyiciro cya mbere mijyane mu cya kane (4), ntabwo nayabona, munsubize kuri 3,000Frw maze imyaka itatu (3) niyishyurira. Nimurenza ayo 3,000Frw ntayo nzabaha."

Mugenzi we ufite umuryango w'abantu icumi (abana 8 n'ababyeyi) avuga ko yari asanzwe  atanga ibihumbi 3,000Frw yose hamwe akaba ibihumbi 30,000Frw none ubu yashyizwe ku bihumbi 8,000Frw kuri buri umwe bivuze ko azajya atanga ibihumbi 80,000Frw.

Avuga ko arebye uko ubuzima buhagaze uyu munsi n'ibihumbi 30,000Frw yayatangaga bigoranye none bayakubye hafi 3 aba ibihumbi 80,000Frw, akibaza aho ibihumbi 50,000Frw yiyongereyeho azayakura.

Ati:"Nibatayasubiza ku bihumbi 3,000Frw ntayo nzatanga kuko sinishyira Mutuelle yonyine."

Aba baturage bakomeza basaba ko ibi byiciro byasubirwamo buri wese akajya mu cyiciro kijyanye n'ubuyobozi bwabo.

Guverinoma y’u Rwabda  ivuga ko aya mavugurura agamije gutuma buri wese atanga umusanzu ujyanye n’ubushobozi bwe no kongera ubushobozi bw’iyi gahunda kugira ngo irambe.

Uko ibyiciro bigenwa

Ibyiciro bishya bishingiye ku makuru yakusanyijwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hakoreshejwe ibyiciro 17 by’imibereho y’urugo. Ni mu gihe mu bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), hashyizweho amanota afasha gushyira ingo mu byiciro.

Amakuru ajyanye n’ibyiciro yunganirwa n’ayo Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) n’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) bifite, cyane cyane ku byerekeye amafaranga umuntu yinjiza.

Umuturage ashobora kureba icyiciro arimo akoresheje kode *195# (MINALOC), naho kwishyura bigakorwa kuri *876# (RSSB) cyangwa ku rubuga rwa Irembo.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments