• Amakuru / MU-RWANDA

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya  17 Werurwe 2026 Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul  Kagame yakiriye mu biro bye Umuyobozi Mukuru akaba ari nawe washize Umuryango Global Citizen Bwana  Hugh Evans  bagirana ibiganiro.

Uyu  muyobozi wa Global  Citizen ari mu Rwanda aho yaje kwitabira  ibikorwa bya  Move Afrika bigeye  kubera  mu Rwanda  ku nshuro  ya gatatu

Ibi birori bya Move Afrika byo  kuri uyu mugoroba  byitezwe ko hari buberemo igitaramo kiri  bwitabirwe n’Umuhanzikazi w’icyamamare muri Amerika Doja  Cat

Nkuko  tubikesha urubugwa rwa X rw’ibiro by’umukuru w’Igihugu Village  byatangaje ko mu biganiro aba bombi bagiranye hibanzwe  ku ruhare rw’ubufatanye buri hagati ya Leta  y’u Rwanda na Global Citizen mu guteza  imbere  ubukundu  bushingiye  mu guhanga udushya mu rubyiruko rw’u Rwanda  ndetse ‘ibindi bikorwa bitandukanye   biri gukora n’uyu muryango mu nzego  zitandukanye zirimo  ubuzima n’uburezi

Move Afrika ni gahunda ya Global Citizen igamije guhangana n’akarengane ku isi, binyuze mu gutanga amahirwe y’akazi n’ubucuruzi ku rubyiruko rw’Afrika, biciye mu bitaramo by’umuziki bikorwa buri mwaka.

Iyi gahunda ituma abahanzi b’afurika babasha kugaragaza impano zabo ku rwego mpuzamahanga, igateza imbere ishoramari mu baturage, ikanatanga amahugurwa ku rubyiruko mu bijyanye n’ubumenyi n’imyuga.

Umwaka wa 2025, Move Afrika yashyize imbere gahunda y’ubukangurambaga ishingiye ku iterambere rirambye n’ubukungu, cyane cyane mu rwego rw’ubuzima, isaba ibihugu by’Afrika kongera ishoramari mu buvuzi, guteza imbere ubuvuzi bw’ibanze, uburenganzira bw’imyororokere n’ubuzima bw’imyororokere, no kugabanya umutwaro w’imari ku bihugu mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’ubuvuzi rusange.

Mu gitaramo cya mbere cya Move Afrika mu Rwanda, cyabereye i Kigali mu Ukuboza 2023, cyayobowe na Kendrick Lamar, kikaba cyaragaragaje umusaruro mu gutanga akazi, amahugurwa no gushyigikira urubyiruko mu bucuruzi.

Iki gitaramo cyakoresheje abakozi barenga 1,000 b’Abanyarwanda, aho 75% by’abakozi bari ab’iwacu, kandi cyari kimwe mu bitaramo by’umuziki byakunzwe cyane mu Rwanda, harimo n’ibitaramo by’abahanzi nka Zuchu, Bruce Melodie, DJ TOXXYK, Sherrie Silver, Ariel Wayz, Kivumbi King na Bruce The 1st.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments