• Amakuru / MU-RWANDA


Umugabo uri mu kigero cy'imyaka 35 y'amavuko wo mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Gisozi, yasanzwe mu ishyamba yapfuye, hakekwa ko yaba yishwe n'abajura.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Ntora, mu Kagari ka Ruhango, mu Murenge wa Gisozi, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku WA Gatatu, tariki ya 18 Werurwe 2026.

Abaturage baganiriye na BTN, bavuga ko nyakwigendera bamusanganye igikomere ku jisho no mu mutwe bisa nk'aho yakubiswe inyundo, bigakekwa ko yaba yishwe n'abagizi ba nabi bataramenyekana cyangwa abajura.

Bakomeza bavuga ko nyakwigendera basanze abamwishe bamwambuye imyenda yose asigarana akambaro k'imbere gusa, barangije bamutaba umutwe wonyene kugira ngo amaraso adakomeza kuva ari menshi.

Aba baturage bavuga ko badasanzwe bamuzi muri ibyo bice bagakeka ko hari abantu bashobora kuba baje kuhamwicira  bamukuye ahandi.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments