• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Abahagarariye leta y'u Rwanda na leta y'Ubwongereza batangiye kumvwa mu rukiko nkemurampaka hagati y'ibihugu i La Haye mu Bolandi aho u Rwanda  rusaba kwishyurwa miliyoni 100 z'amapawundi (miliyari hafi 200Frw) bijyanye n'amasezerano impande zombi zasinye mu 2022.

U Rwanda rwareze Ubwongereza nyuma y'uko Minsitiri w'intebe Keir Stamer w'Ubwongereza ku munsi we wa mbere mu kazi mu 2024 yavuze ko ayo masezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira "yapfuye kandi yashyinguwe".

Ayo masezerano yarimo kwishyura u Rwanda agera kuri miliyoni 700 z'amapawundi mu kwitegura no gutuza abo bimukira.

Ubwongereza bwishyuye hafi miliyoni 300 z'amapawundi kandi mu byakozwe harimo kubaka inyubako za 'apartments' i Gahanga mu nkengero z'umujyi wa Kigali zagombaga kwakira abazava mu Bwongereza.

Uyu munsi i La Haye, mu gihe cy'amasaha uru rukiko rwumvise uruhande rw'u Rwanda ruvugirwa na Lord Verdirame KC urimo kuburanira u Rwanda.

Emmanuel Ugirashebuja uri mu bahagarariye u Rwanda, akaba na Minisitiri w'ubutabera w'u Rwanda, yabwiye 'Permanent Court of Arbitration' uko u Rwanda rwari rwaramaze kwitegura no kwishyura ibyo rusabwa.

Ugirashebuja yagize ati: "Ubwongereza ntibwigeze bwubaha u Rwanda ngo rumenyeshe mbere. Ahubwo, u Rwanda rwisanze rusoma mu binyamakuru iby'ayo makuru" [y'ihagarikwa ry'amasezerano].

Leta y'Ubwongereza irasaba uru rukiko nkemurampaka gutesha agaciro ikirego cy'u Rwanda ivuga ko ibihugu byombi byumvikanye mu Ugushyingo(11) 2024 ko u Rwanda ruheba kwishyurwa kwari gusigaye. Ibyo u Rwanda rurabihakana.

Ugirashebuja yavuze ko Ubwongereza "bushaka kwivana mu nshingano butegekwa n'amategeko".

U Rwanda n'Ubwongereza, nk'uko uru rukiko rwabyumvise, mu Ukwakira(10) 2025 byagiye mu biganiro byo kuba Kigali yaheba amafaranga Londres yagombaga kwishyura, Ubwongereza bukagira ibyo rwemerera u Rwanda, harimo gufungura viza ku badipolomate.

Mu kumvwa k'uyu munsi, Ugirashebuja yagize ati: "Ubwongereza bushobora kuba bwifuza ko u Rwanda ruheba amafaranga menshi; impande zombi zaba koko zarabiganiriyeho, ariko u Rwanda rwahisemo kutemera ubusabe bw'Ubwongereza. Rwabikoze mu buryo busobanutse rwanga kwemera ururimi rwo kumvikana rwo mu nyandiko y'ibanze ibisaba y'Ubwongereza".

Ibiganiro kuri iyo ngingo hagati y'ibi bihugu byombi ndetse n'umuhate w'ubuhuza byahagaze mu Ugushyingo (11) 2025, nk'uko urwo rukiko rwabyumvise.

Biteganyijwe ko ku wa kane abahagarariye Ubwongereza na bo bazumvwa n'uru rukiko nkemurampaka hagati y'ibihugu. Mu gihe umwanzuro warwo ushobora kuzafata amezi. 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments