Abahagarariye leta y'u Rwanda na leta y'Ubwongereza batangiye kumvwa mu rukiko nkemurampaka hagati y'ibihugu i La Haye mu Bolandi aho u Rwanda rusaba kwishyurwa miliyoni 100 z'amapawundi (miliyari hafi 200Frw) bijyanye n'amasezerano impande zombi zasinye mu 2022.
U Rwanda rwareze
Ubwongereza nyuma y'uko Minsitiri w'intebe Keir Stamer w'Ubwongereza ku munsi
we wa mbere mu kazi mu 2024 yavuze ko ayo masezerano yo kohereza mu Rwanda
abimukira "yapfuye kandi yashyinguwe".
Ayo masezerano yarimo
kwishyura u Rwanda agera kuri miliyoni 700 z'amapawundi mu kwitegura no gutuza
abo bimukira.
Ubwongereza bwishyuye
hafi miliyoni 300 z'amapawundi kandi mu byakozwe harimo kubaka inyubako za
'apartments' i Gahanga mu nkengero z'umujyi wa Kigali zagombaga kwakira abazava
mu Bwongereza.
Uyu munsi i La Haye, mu
gihe cy'amasaha uru rukiko rwumvise uruhande rw'u Rwanda ruvugirwa na Lord
Verdirame KC urimo kuburanira u Rwanda.
Emmanuel Ugirashebuja
uri mu bahagarariye u Rwanda, akaba na Minisitiri w'ubutabera w'u Rwanda,
yabwiye 'Permanent Court of Arbitration' uko u Rwanda rwari rwaramaze kwitegura
no kwishyura ibyo rusabwa.
Ugirashebuja yagize
ati: "Ubwongereza ntibwigeze bwubaha u Rwanda ngo rumenyeshe mbere.
Ahubwo, u Rwanda rwisanze rusoma mu binyamakuru iby'ayo makuru"
[y'ihagarikwa ry'amasezerano].
Leta y'Ubwongereza
irasaba uru rukiko nkemurampaka gutesha agaciro ikirego cy'u Rwanda ivuga ko
ibihugu byombi byumvikanye mu Ugushyingo(11) 2024 ko u Rwanda ruheba kwishyurwa
kwari gusigaye. Ibyo u Rwanda rurabihakana.
Ugirashebuja yavuze ko
Ubwongereza "bushaka kwivana mu nshingano butegekwa n'amategeko".
U Rwanda n'Ubwongereza,
nk'uko uru rukiko rwabyumvise, mu Ukwakira(10) 2025 byagiye mu biganiro byo
kuba Kigali yaheba amafaranga Londres yagombaga kwishyura, Ubwongereza bukagira
ibyo rwemerera u Rwanda, harimo gufungura viza ku badipolomate.
Mu kumvwa k'uyu munsi,
Ugirashebuja yagize ati: "Ubwongereza bushobora kuba bwifuza ko u Rwanda
ruheba amafaranga menshi; impande zombi zaba koko zarabiganiriyeho, ariko u
Rwanda rwahisemo kutemera ubusabe bw'Ubwongereza. Rwabikoze mu buryo
busobanutse rwanga kwemera ururimi rwo kumvikana rwo mu nyandiko y'ibanze
ibisaba y'Ubwongereza".
Ibiganiro kuri iyo
ngingo hagati y'ibi bihugu byombi ndetse n'umuhate w'ubuhuza byahagaze mu
Ugushyingo (11) 2025, nk'uko urwo rukiko rwabyumvise.
Biteganyijwe ko ku wa
kane abahagarariye Ubwongereza na bo bazumvwa n'uru rukiko nkemurampaka hagati
y'ibihugu. Mu gihe umwanzuro warwo ushobora kuzafata amezi.