Leta ya South West muri Somalia yatangaje ko yiyomoye ku butegetsi bwa Somalia nyuma yo kuyishinja kwivanga mu miyoborere yayo.
Abayobozi b’iyi Leta babitangaje mu
kiganiro n’itangazamakuru ku wa 17 Werurwe 2026, nyuma yo gushinja Leta ya
Somalia uruhare mu gutiza umurindi imitwe yitwaje intwaro ihungabanya
umutekano.
Leta ya Somalia inashinjwa kugerageza guhirika Perezida Abdiaziz
Hassan Mohamed Laftagareen uyobora Leta ya South West kuva mu Ukuboza 2018.
Mu kiganiro na Shabelle Media, abayobozi ba South West bavuze ko
nyuma y’ibiganiro byinshi na Mogadishu nta musaruro byatanze, bityo ko biyomoye
kuri Leta kugeza igihe izaba yubahiriza Itegeko Nshinga.
Minisiteri y’Umutekano muri Leta ya South West, yatangaje ko
abasirikare bakuru batemerewe gusohoka hanze y’umurwa mukuru Baidoa kugeza
igihe bazamenyesherezwa ikindi cyemezo.
Muri Werurwe 2024, Intara ya Puntland yatangaje ko yiyomoye kuri
Leta kandi itazongera gukurikiza gahunda zayo, kugeza ibyo basabaga guhindura
mu Itegeko Nshinga byubahirijwe.
Mu Ugushyingo 2021, Jubaland na yo yiyomoye kuri Mogadishu nyuma
yo kuyishinja kwivanga mu bikorwa by’amatora.
Ibibazo bya Somalia bishamikiye ku mateka yo mu 1991, ubwo Leta
yaseswaga ku butegetsi bwa Perezida Siad Barre, Icyo gihe intara zitandukanye
zatangiye gushyiraho ubuyobozi bwazo bwigenga.
Mu 1991 Somaliland yatangaje ko ari Leta yigenga, mu 1998
Puntland nayo itangaza ko ari Leta yigenga, ibintu byongeye kubyutswa mu
ntangiriro za 2026 yemerwa na Israel nka Leta yigenga ndetse bagasinya
n’amasezerano y’imikoranire.